Iran yatangaje ko yagabye ibitero ku birindiro bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika biri muri Bahrain, Jordan na Kuwait, mu rwego rwo kwihorera nyuma y’ibitero Amerika yagabye mu majyepfo ya Iran.
Ingabo zirinda impinduramatwara muri Iran (IRGC) zavuze ko zateye icyicaro cy’Ingabo za Amerika zikorera mu mazi zizwi nka Fifth Fleet cyiri muri Bahrain ndetse n’ikigo cya gisirikare cya Amerika cyiri muri Jordan. Kuwait nayo yatangaje ko yagabweho ibitero biturutse muri Iran.
Ku ruhande rwa Amerika, ubuyobozi bw’Ingabo zayo muri Tuweli yo Hagati (CENTCOM) bwatangaje ko bwagabye ibyo bwise “ibitero byo kwirwanaho” nyuma y’uko kajugujugu ya gisirikare yo mu bwoko bwa Apache irashwe n’ingabo za Iran mu Nyanja ya Hormuz ku wa Mbere.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran yamaganye ibyo bitero bya Amerika, ivuga ko ari ukurenga ku mategeko mpuzamahanga ndetse no ku busugire bw’igihugu. Iran yavuze ko ibikorwa byayo byo kwihorera bishingiye ku burenganzira bwo kwirwanaho buteganywa n’Ingingo ya 51 y’Amasezerano y’Umuryango w’Abibumbye.
Mu gihe amakimbirane akomeje gukaza umurego, u Bushinwa bwahamagariye impande zombi kwirinda gukomeza kuzamura umwuka mubi, busaba ko habaho ibiganiro n’ubwumvikane aho gukoresha intwaro.
Pakistan nayo yagaragaje impungenge ku makimbirane ari gukaza umurego mu Burasirazuba bwo Hagati, iburira ko ashobora guteza umutekano muke ku rwego rw’akarere ndetse n’isi yose.
Ni mu gihe kandi Israel yakomeje ibikorwa bya gisirikare muri Lebanon no muri Gaza, ibintu bikomeje kongera impungenge z’uko intambara ishobora gukwira mu bihugu byinshi byo mu karere.
Abasesenguzi bavuga ko niba hatabayeho ibiganiro bya dipolomasi byihuse, amakimbirane hagati ya Iran, Amerika na Israel ashobora gukomeza gukaza umurego, bikagira ingaruka zikomeye ku mutekano n’ubukungu bw’isi.


