umuyobozi_w_ikaragiro_rya_giheke_hategekimana_hesron_asaba_ubuyobozi_bw_akarere_guhagurukira_iki_kibazo_amazi_atararenga_inkombe._1597644452899.jpg

Rusizi: Abayobozi bashinjwa kugira uruhare mu bucuruzi bw’amata atujuje ubuziranenge

Sangiza iyi nkuru

N’ubwo Leta yashoye hafi miliyari y’amafaranga y’u Rwanda mu ikaragiro rya Giheke mu Karere ka Rusizi n’amakusanyirizo y’amata mu mirenge ya Nyakarenzo,Giheke n’ahandi kugira ngo abaturage banywe amata yujuje ubuziranenge n’ashorwa mu baturanyi b’ivBukavu muri RDC abe abwujuje, abamamyi bakomeje gushora amata menshi adasukuye i Bukavu, ubuyobozi bw’Akarere bukavuga butari bubizi.

Mu kiganiro n’aborozi b’inka bakorana n’amakusanyirizo y’amata ya Nyakarenzo na Giheke, yose atunganyirizwa mu ikaragiro rya Giheke, bavuze ko bibabaje kubona Akarere kabashishikariza kwibumbira mu makoperative ngo babone uko amata y’inka zabo azajya atunganywa, akagurishwa mu Rwanda no mu mahanga yujuje ubuziranenge, Leta ikanabubakira ikaragiro rigezweho, bizezwa ko bazafashwa guhashya abakomeza kwambukana muri RDC amata atujuje ubuziranenge bayabunza mu baturage baho mu kajagari, nyamara ayo mata akaba akomeje kugenda, bakemeza ko ubuyobozi buzi iki kibazo ahubwo budashyira imbaraga mu guhashya abo bacuruzi b’ayo mata.

Aborozi bo muri Nyakarenzo bo bavuga ko ikibababaza kuruta ibindi ari uko umurenge wabahaye uburenganzira bwo kugaragaza ayo mata ajyanwa muri RDC muri ubwo buryo, nyamara ayo bafashe mu kanya bakumva bamwe mu bayobozi ku rwego rw’Akarere babahamagara babakanga ngo nibayagarure vuba na bwangu, bakanahahombera bashaka imodoka yabo bwite iyasubiza hafi y’umupaka aho baba bayafashe, bakemeza ko iyi micururize hari abayobozi baba bayihishe inyuma ari yo mpamvu idacika, amata agera ku makusanirizo no ku ikaragiro akaba make.

Pasiteri Nahayo Théobald, umuyobozi wa koperative ‘Agira Gitereka’ ikorera muri uyu murenge yagize ati: “Birababaje cyane kubona umukuru w’igihugu aduha ikusanyirizo nka ririya, rigashyirwamo ibikoresho bigezweho, aho rishobora gukusanya litiro zigeze ku 10,000 z’amata ku munsi, nyamara no kubona litiro 6000 ku munsi bikaba ari ingorabahizi kandi amata atabuze. No kubona Litiro 1000 biba ingorabahizi, kubera abacuruza atujuje ubuziranenge mu baturage, bakayajyana no muri Kongo. None se agenda atanyuze ku mupaka? Kuki ubuyobozi butayafata ngo buce iyo ngeso?’’

Yarakomeje ati: “Nk’ubu duherutse gufatira mu nzu y’umuturage mu Gatandara, mu murenge wa Mururu hafi y’umupaka wa Rusizi bwa mbere, Litiro 7500, umurenge udusaba kuzizana ku ikusanyirizo nyamara twatangajwe no kumva hari bamwe mu nzego z’ubuyobozi baduhamagara ngo nitugarure ayo mata vuba, tubasaba n’imodoka tuyagaruramo barayitwima, dushakisha uko tuyahasubiza turahahombera n’ubundi ajyanwa i Bukavu. Atwarwa mu modoka zitwara indi mitwaro, mu bijerikani bisa nabi bashyira no mu mifuka isa nabi cyane kandi atunganyijwe atwarwa neza.’’

Aya mata ngo bayakura mu borozi bashukisha udufaranga tw’ako kanya kuko ikaragiro ryo riyabaha mu minsi 15, hakaba n’abafatirana abaturage inka zabo zihaka bakabaha ayo mafaranga make inka yabyara uwishyuye ayo mata mbere akajya aza kuyatwara, bigatuma amenshi atagera ku makusanirizo n’ikaragiro.

iyi_nzu_iri_ahitwa_mu_gatandara_mu_murenge_wa_mururu_hafi_y_umupaka_wa_rusizi_ya_1_bivugwa_ko_ari_imwe_mu_zikusanirizwamo_ayo_mata_atujuje_ubuziranenge_mbere_yo_gupakirwa_ajyanwa_i_bukavu_muri_rdc._1597644798991.jpg Iyi nzu iri ahitwa mu Gatandara mu Murenge wa Mururu hafi y’umupaka wa Rusizi 1, bivugwa ko ari imwe mu zikusanyirizwamo ayo mata atujuje ubuziranenge mbere yo gupakirwa ajyanwa i Bukavu muri RDC

Past. Sinayobye Marcel ati: “Iyi mikorere iraduhombya cyane kuko hari n’ibyo MINAGRI igenera abandi borozi idashobora kuduha ivuga ko ino nta mukamo uhagije uhaba kubera kubona agera mu makusanyirizo n’ikaragiro ari make kandi amenshi yicira muri izo nzira n’ibijerikani bayajyanyemo bakabigarura ngo bizajyanwemo andi n’iki cyorezo cya COVID-19 bikaba byacyongera, tugasaba Akarere guca iyo micururize idahwitse ihombya na Leta imisoro.’’

Umuyobozi w’ikaragiro rya Giheke, Hategekimana Hesron, na we asanga nta gikozwe ngo icyo yita ‘’ kotsa amata’’ gicike muri kano karere, iri karagiro n’amakusanirizo byatwaye akayabo Leta bishobora guhomba bigahagarara, abaturage bagakomeza kunywa amata atujuje ubuziranenge kandi Leta yari yagikemuye, no gushyira abaturanyi amata mabi kandi Leta izi ko hagenda ameza kikaba ikibazo.

Ati: “Twagombaga kwakira Litiro 10,000 ku munsi, ubu na Litiro 6,000 hari igihe zitaboneka kubera abo bamamyi kandi guha abaturage cyangwa abaturanyi bacu amata adapimye ashobora kubatera izindi ndwara ni cyo Leta yarwanyaga ishyiraho izi nyubako. Ibyo aborozi bavuga ni byo ni ikibazo kidukomereye cyane kandi twakiganiriye n’ubuyobozi kenshi ariko ntigikemuka.’’

Turasaba Akarere gushyiramo imbaraga kagahagarika ayo mata ameze atyo, hagende ayujuje ubuziranenge kandi twe tunayatwara mu bikoresho n’imodoka zabugenewe, ariko abo baca ku ruhande bakajyana adapimye barasebya n’igihugu.’’

umuyobozi_w_ikaragiro_rya_giheke_hategekimana_hesron_asaba_ubuyobozi_bw_akarere_guhagurukira_iki_kibazo_amazi_atararenga_inkombe._1597644452899.jpg Umuyobozi w’ikaragiro rya Giheke, Hategekimana Hesron asaba ubuyobozi bw’Akarere guhagurukira iki kibazo amazi atararenga inkombe

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Kayumba Ephrem, avuga ko aheruka baraciye iyi ngeso ngo ntazi igihe yagarukiye. Ati: “Mperuka nta mata atujuje ubuziranenge yambuka kuko twabiciye, ariko niba byongeye turabikurikirana tubihagarike, sinari mbizi.’’

Iteka rya Minisitiri No. 001/11.30 ryo ku wa 10/02/2016 rigena uburyo bwo gukusanya, gutwara no gucuruza amata ryasohotse mu igazeti ya Leta No. 07 yo ku wa 15/2/2016, ingingo ya 3 ivuga ko amata agomba gukusanyirizwa ahantu hujuje ubuziranenge mbere yo gutwarwa. Ingingo ya 15 ikavuga ko nta muntu ugomba gucuruza amata atabanje kuyapima mbere yo kuyapakira, na ho umutwe wa V ingingo ya 17 ikavuga ko amata agenewe gucuruzwa mu Rwanda ari ayujuje ubuziranenge, agezwa ku ikusanyirizo, ikaragiro cyangwa aho acururizwa hubahirijwe ibisabwa n’iri teka.

aborozi_bavuga_ko_badashobora_gutera_imbere_igihe_bagenzi_babo_bacisha_amata_ku_ruhande_akajyanwa_i_bukavu_adaciye_mu_makusanirizo._1597644971909.jpg Aborozi bavuga ko badashobora gutera imbere igihe bagenzi babo bacisha amata ku ruhande akajyanwa i Bukavu adaciye mu makusanyirizo

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *