Keir Starmer yeguye ku mwanya wa minisitiri w’intebe n’umuyobozi w’ishyaka ry’abakozi, mu ijambo rye yavugiye Downing Street imbere y’ibiro yakoreragamo.
Avuga ko icyemezo cyose yafashe mu biro cyerekeranye no “gushyira igihugu nkunda imbere”
Starmer ashimira “umugore we w’igitangaza, Vic”, asobanura ko ari “urutare”, yongeyeho ko yifuza kuba “papa mwiza ushoboka ku bana banjye beza, kandi bakaba ishema ryanjye n’ibyishimo”
Andy Burnham ushobora gusimbura Minisitiri w’intebe azaba ari muri Westminster uyu munsi kurahira nk’umudepite wa Makerfield, nyuma yo gutsinda amatora mu cyumweru gishize.


