Untitled-154

Michael Katungi wahoze muri UPDF akurikiranweho gucuruza intwaro ku bagizi ba nabi bo muri Mexico

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari umusirikare mukuru mu Ngabo z’igihugu cya Uganda, Michael Katungi Mpeirwe, yafatiwe muri Uganda, aho biteganijwe ko azoherezwa muri Amerika kubera ibirego ashinjwa byo kugira uruhare mu bucuruzi mpuzamahanga bw’intwaro zifite agaciro ka miliyoni 58 z’amadorali bufitanye isano n’agatsiko k’abagizi ba nabi ko muri Mexico kazwi nka Cartel de Jalisco Nueva Generación.

Abashinzwe umutekano bavuga ko Katungi yatawe muri yombi ku wa Gatandatu nyuma ya saa sita.

Kuri iki Cyumweru mu gitondo, Katungi yari agifungiwe ku cyicaro gikuru cya CID i Kibuli, muri Kampala.

Abayobozi babwiye ChimpReports muri iki gitondo ko abayobozi ba Uganda na Amerika barimo kurangiza gahunda yo kohereza Katungi muri Amerika.

Inyandiko y’ibirego yashyikirijwe urukiko rw’akarere muri Amerika rwa Eastern District of Virginia, ivugwamo Katungi n’umucuruzi w’intwaro wo muri Bulgaria, Peter Dimitrov Mirchev, Umunyakenya Elisha Odhiambo Asumo n’Umunyatanzaniya, Subiro Osmund Mwapinga.

Abashinjacyaha bo muri Amerika bavuga ko guhera muri Nzeri 2022, abo bagabo bane bacuze umugambi wo guha intwaro zo mu rwego rwa gisirikare Cartel de Jalisco Nueva Generación (CJNG), isobanuwe mu mpapuro z’urukiko ko ari umwe mu mitwe y’abagizi ba nabi yambukiranya ibihugu yo muri Mexico.

Muri izo ntwaro ngo harimo imbunda za machine guns, imbunda zirasa roketi, grenades, ibikoresho byo kureba nijoro, imbunda za sniper, ibisasu bya mines ndetse n’imbunda zirasa indege.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply