FB_IMG_1779900110426

RDC: Fayulu arashinja ubutegetsi gushaka kwica mugenzi we Delly Sesanga

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 29 Kamena 2026, Martin Fayulu, Perezida w’ishyaka rya ECiDé akaba n’umwe mu bagize ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bise C64, yamaganye ko ibikorwa byo kwitambika umunyapolitiki mugenzi we, Delly Sesanga, wabujijwe kuva muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ngo ajye kwivuriza mu mahanga. Ku rubuga nkoranyambaga akoresha, yashinje guverinoma gushaka kwivugana uyu musangirangendo we muri politiki.

Martin Fayulu yagize icyo avuga ku kubuza Delly Sesanga gukora urugendo, yemeza ko iki cyemezo gishyira mu kaga ubuzima bwa Perezida w’ishyaka Envol.

Yanditse ati: “Kubuza Delly Sesanga kubona ubuvuzi bukwiye i Burayi, nyuma y’urugomo rukabije rwakorewe abayobozi ba C64 mu gihe cy’imyigaragambyo yo ku wa 12 Kamena, ni gihamya ko ubwo butegetsi bushaka gukuraho mu buryo bw’umubiri abatavuga rumwe n’ubutegetsi.”

Inkuru dukesha Kivu Morning Post yibutsa ko ibi bitangajwe nyuma y’umunsi umwe ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kinshasa, Ubuyobozi Bukuru bushinzwe Abinjira n’Abasohoka (DGM), bufatiriye pasiporo ya Delly Sesanga bukamwangira kurira indege yagombaga kumujyana i Burayi agiye kwivuza.

Nk’uko byatangajwe n’uyu munyapolitiki Sesanga, abakozi ba DGM bamubwiye ko agomba kwitaba urukiko rw’iremezo, ariko, ntiyamenyeshejwe ibyo aregwa cyangwa ngo ahabwe inyandiko yemewe yemeza iki cyemezo.

IMG 20260612 WA0058

Delly Sesanga yakomerekeye mu myigaragambyo yo ku itariki ya 12 Kamena y’ihuriro C64 i Kinshasa, nyuma yo kuraswa. Iyi myigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi yahoshejwe n’inzego zishinzwe umutekano, bituma benshi bahakomerekera mu bayobozi b’iri huriro barimo na Fayulu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply