Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, ntakigiye i New York nk’uko byari biteganyijwe ko azagerayo ku wa 22 Nyakanga 2026.
Byari biteganyijwe ko Perezida Tshisekedi yagombaga kujyayo kuyobora ikiganirompaka mu nama y’Akanama k’Umutekano ka Loni zijyanye n’imicungire y’umutungo kamere nk’ishingiro ry’amahoro, umutekano n’iterambere.
Iki gikorwa cyari cyitezweho kuzaba ingenzi mu gihe cya Congo iyoboye Akanama k’Umutekano muri Nyakanga 2026, kikaba cyari gukurikira inama yo mu bwoko bwa “Arria-formula” yabereye i New York ku wa 13 Nyakanga, iyobowe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Thérèse Kayikwamba Wagner.
Nk’uko amakuru aturuka ku bantu bazi iby’iki kibazo agera kuri Actualite.cd abivuga, impinduka muri gahunda zatewe n’imiterere ya politiki n’umutekano mu gihugu ikomeje guhindagurika, ibintu bisaba ko Umukuru w’Igihugu aguma i Kinshasa kandi agakomeza gukurikiranira ibintu byose hafi.
Biravugwa mu gihe ku itariki ya 22 Nyakanga, hateganyijwe, hatagize igihinduka, imyigaragambyo karundura y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi igamije gusaba Tshisekedi kwegura.


