HRheHLiWEAEPfV7

Fizi: Abarwanyi ba Twirwaneho/AFC/M23 bafashe agace ka Angúlé

Sangiza iyi nkuru

Kugeza kuri iki Cyumweru, itariki ya 6 Nzeri 2026, umutekano ukomeje kwifata nabi cyane muri Teritwari ya Fizi, cyane cyane kuri axe ya “Point Zéro.” Amakuru aturuka muri ako gace kandi ahurizwaho n’abatuye aho, agaragaza ko agace ka Angúlé, gaherereye muri Gurupoma ya Bashilocha mu Murenge wa Tanganyika, kamaze kwigarurirwa n’ingabo zigize ihuriro rya AFC/M23 na Twirwaneho.

Andi makuru agaragaza ko izo nyeshyamba ubu zamaze kugera mu marembo y’ahitwa Mulima. Biravugwa ko zifite umugambi wo kwigarurira Mulima, Lumanya, na Mukela mbere yo gukomeza urugendo zigana muri Baraka na Fizi-Centre (Kalembelembe).

Ku rugamba nk’uko amakuru akomeza kugera kuri Bwiza avuga, biravugwa ko abarwanyi b’abacanshuro bo mu mutwe wa Blackwater bamaze gusubira inyuma berekeza muri Uvira. Mu gihe ibi bikomeje kuba, abaturage ba Fizi, basanzwe barakupiwe telephone na internet, ntibabasha kumenya amakuru ajyanye n’uko umutekano uhagaze muri teritwari yabo.

Abaturage barahamagarira guverinoma kubwiza abaturage ukuri no gusubizaho uburyo bwo gutumanaho kuko abaturage bafite uburenganzira bwo kumenya amakuru.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply