Ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), rizwi nka C64, ryatangaje ko risubitse imyigaragambyo ryari riteganyije ku wa 22 Nyakanga 2026 mu murwa mukuru Kinshasa.
Iyi myigaragambyo yari igamije kwamagana umushinga uvugwaho guhindura Itegeko Nshinga ushyigikiwe n’uruhande rwa Perezida Félix Tshisekedi.
Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko ku wa 17 Nyakanga 2026 Perezida Tshisekedi asabye amadini n’amatorero kuyobora ibiganiro by’igihugu, asubiza kimwe mu byo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bari bamaze igihe basaba. Aba bayobozi b’amadini na bo bari basabye C64 gusubika imyigaragambyo kugira ngo habanze hatangire ibiganiro.
Mu itangazo ryasohowe ku wa Mbere, C64 yavuze ko yemeye gusubika imyigaragambyo mu rwego rwo guha amahirwe ibiganiro, ariko ishimangira ko igifitiye impungenge ubutegetsi kandi ko hakenewe ingwate zigaragaza ko ibyo bwemeye bizashyirwa mu bikorwa.
Iri huriro rivuga ko ibiganiro biteganyijwe bikwiye kwibanda ku bibazo bikomeye igihugu gifite birimo umutekano muke mu burasirazuba bwa RDC, icyo ryise ibitero bituruka hanze, imiyoborere idahamye ndetse n’ibibazo by’ubukungu n’imibereho y’abaturage.
C64 yanahaye Perezida Félix Tshisekedi nyiranarengwa, imusaba gutumiza ku mugaragaro ibyo biganiro bitarenze tariki ya 15 Kanama 2026. Yaburiye ko nibidakorwa muri icyo gihe, izongera guhamagarira Abanyekongo gukora ibikorwa by’amahoro byo kurengera Itegeko Nshinga, demokarasi n’ubutegetsi bugendera ku mategeko.


