1000594061-cd717

Mayeri yashimuswe azira kubenga umukobwa

Sangiza iyi nkuru

Umuryango wa Mayeri Jean Claude, umusore w’imyaka 26 wo mu Karere ka Nyagatare, uravuga ko uhangayikishijwe n’ubuzima bwe nyuma y’uko avuga ko yashimuswe n’abantu batatu bakamuhatira kurongora umukobwa wabo.

Mayeri avuga ko yari asanzwe akundana n’uwo mukobwa, ariko nyuma bakaza gutandukana. Ni bwo umwe mu bagabo bo mu muryango w’uwo mukobwa yamushinjaga kwanga kumurongora ndetse n’amafaranga yari amurimo.

Avuga ko ku wa 6 Nyakanga 2026 yashimuswe n’abantu batatu, bamujyana ahantu atazi. Nyuma y’iminsi itatu, ku wa 9 Nyakanga, yagarutse yavunaguritse.

Yamaze iminsi irenga 40 mu Bitaro bya Nyagatare, aho avuga ko kugeza ubu atarabasha kugenda neza ndetse no kuvuga nk’uko bisanzwe.

Umuryango we uvuga ko ibyabaye byagize ingaruka zikomeye ku buzima bwa Mayeri ndetse no ku mibereho yawo, kuko akazi yakoraga kahagaze, mukuru we na we akaba amaze igihe amurwaje.

Umuvandimwe we, Rukukundo Innocent, avuga ko ababajwe no kuba mu bantu batatu bakekwa, kugeza ubu hafashwe umwe gusa. Asaba ko abandi bashakishwa bagashyikirizwa ubutabera.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Kakooza Henry, yemeje ko Mayeri yatanze ikirego. Yavuze ko umwe mu bantu batatu bakekwa, ari we se w’umukobwa, yafashwe kandi ari gukurikiranwa, mu gihe abandi bagishakishwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply