Turukiya

Turukiya yategetse ko Netanyahu atabwa muri yombi

Sangiza iyi nkuru

Turukiya yavuze ko izasaba polisi mpuzamahanga-Interpol gutanga itangazo mpuzamahanga ryo gushakisha no guta muri yombi Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu mu rubanza rujyanye n’igitero cyagabwe ku barwanashyaka bagerageza kugeza imfashanyo y’ubutabazi muri Gaza.

Minisitiri w’Ubutabera wa Turukiya, Akin Gurlek, yavuze ko hatanzwe impapuro zo guta muri yombi Netanyahu n’undi ukekwaho icyaha cya jenoside, ibyaha byibasiye inyokomuntu n’iyicarubozo.

Uru rubanza rurebwa n’abantu 35 nyuma y’aho Israel ifatiriye ubwato bwa Global Sea Flotilla mu mazi mpuzamahanga, bwari bugiye i Gaza gutanga imfashanyo.

Turukiya iri mu banenga cyane ibikorwa bya gisirikare bya Israel muri Gaza, ikaba isaba ko habaho ingamba mpuzamahanga zo kurwanya Israel. Israel irahakana ibirego byo kutubahiriza amategeko mpuzamahanga n’uburenganzira bwa muntu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply