IMG-20260825-WA0050

Umuhanzi Dolly Parton yapfuye 

Sangiza iyi nkuru

Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Country muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Dolly Parton, yapfuye afite imyaka 80 y’amavuko, asiga amateka akomeye mu muziki, sinema, televiziyo ndetse no mu bikorwa by’ubugiraneza.

Dolly Parton yari umwe mu bahanzi bubashywe cyane, nyuma y’imyaka isaga 60 yari amaze mu ruganda rw’imyidagaduro.

Mu bihembo byinshi yahawe, icya nyuma gikomeye yabonye ni Jean Hersholt Humanitarian Award yahawe mu birori bya Governors Awards mu Gushyingo 2025.

Parton yatangiye kugaragara ku rubyiniro rwa Grand Ole Opry afite imyaka 13 gusa. Yaje kuba umwe mu bantu bakomeye mu kwandika no kuririmba indirimbo za Country, cyane cyane binyuze mu ndirimbo zakunzwe ku rwego mpuzamahanga, nka “Jolene” na “I Will Always Love You”.

Mu bihembo bya Grammy, Dolly Parton yegukanye ibihembo 11 mu nshuro 55 yari yatanzweho nk’uwahatanaga.

Yegukanye Grammy ye ya mbere mu 1978, mbere yo guhabwa Grammy Lifetime Achievement Award mu 2011.

Indirimbo ze “Jolene” na “I Will Always Love You” zinjijwe muri Grammy Hall of Fame, mu gihe indirimbo ye “Coat of Many Colors” yashyizwe muri National Recording Registry y’Isomero rya Kongere ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mu bijyanye na sinema, Parton yahawe igihembo cya Oscar inshuro ebyiri mu cyiciro cy’indirimbo nziza.

Mu muziki wa Country, Parton yegukanye ibihembo 13 bya Academy of Country Music Awards na 10 bya Country Music Association Awards. Mu 1978, yabaye umugore wa mbere wegukanye ku giti cye igihembo cya Entertainer of the Year gitangwa na CMA.

Mu 2022, Dolly Parton yinjiye muri Rock and Roll Hall of Fame, naho mu 2024, ikinyamakuru Billboard kimushyira ku mwanya wa mbere mu bahanzi ba Country bakomeye kurusha abandi mu mateka.

Yabaye kandi umwe mu bahanzi binjijwe muri Country Music Hall of Fame, Gospel Music Association Hall of Fame, Songwriters Hall of Fame na Grammy Hall of Fame.

Usibye muzika n’imyidagaduro, Parton yari anazwi cyane ku bikorwa byo gufasha abandi.

Mu ijambo rye ubwo yahabwaga Jean Hersholt Humanitarian Award, yavuze ko yari yarahawe umugisha urenze ibyo yigeze arota, kandi ko ibyo byamuteye gushaka ubundi buryo bwo kuzamura no gufasha abandi.

Dolly Parton asize umurage ukomeye mu muziki wa Amerika, aho ibikorwa bye byarenze imipaka ya Country bikagera kuri sinema, televiziyo, Broadway ndetse no mu bikorwa by’ubugiraneza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply