Umuyobozi ushinzwe umutekano muri Iran, Mohsen Rezaei, yahakanye amakuru yavugaga ko haba hari umugambi wo kwica Barron Trump, umuhungu muto wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump.
Rezaei yabwiye televiziyo ya Al Manar yo muri Lebanon ko ayo makuru ari ibinyoma. Yabitangaje nyuma y’uko muri Amerika havuzwe amashusho yari yasohotse kuri televiziyo ya Leta ya Iran, agaragaza ibiganiro bivuga ku mugambi ushobora kuba wari ugamije kwibasira Barron Trump.
Ku wa Kabiri, Urwego rushinzwe kurinda Perezida wa Amerika n’abandi bayobozi bakuru, U.S. Secret Service, rwemeje ko rwari ruzi ayo mashusho yatambutse kuri televiziyo ya Iran.
Nubwo urwo rwego rwari rwamenye ibikubiye muri ayo mashusho, Reuters ivuga ko nta bimenyetso byemeza ko koko hari umugambi wo kwica Barron Trump.
Ibyatangajwe bije mu gihe umubano hagati ya Iran na Amerika ukomeje kurangwa n’ubwumvikane buke, aho impande zombi zisanzwe zishinjanya ibikorwa bishobora guhungabanya umutekano.


