Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye urubyiruko rw’Imbonerakure rushamikiye ku ishyaka CNDD-FDD, gukaza umutekano no kuba maso ku muntu wese wagerageza guhirika ubutegetsi bwe.
Ibi yabivuze ku wa 29 Kanama 2026, ubwo CNDD-FDD yizihizaga umunsi mukuru w’Imbonerakure mu birori byabereye kuri Stade Ingoma, mu Ntara ya Gitega.
Ndayishimiye yavuze ko u Burundi bw’ubu butandukanye n’ubwo mu 2015, ubwo habayeho igeragezwa ryo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Pierre Nkurunziza.
Yavuze ko icyo gihe Abarundi bari bataramenya uko bakwitwara ku bantu bashaka guhungabanya ubutegetsi, ariko ko ubu ibintu byahindutse.
Ati: “Ntihagire umunyapolitiki urota kwiba ingoma. Mu 2015 twari tukiri ibihwiji, ni cyo gituma bashatse kuduca mu rihumye. Uyu munsi twese turi ibishirira, turakanura, nta n’umwe uzaduca mu rihumye.”
Perezida Ndayishimiye yasabye Imbonerakure gukomeza kuba maso no gukumira ibikorwa byose bishobora guteza umutekano muke cyangwa bigamije guhindura ubutegetsi ku ngufu.
Ati: “Imbonerakure mushirire, mukanure, igihugu cyacu kirarinzwe.”
Yanasabye uru rubyiruko kugira uruhare mu kurinda umutekano mu bice rutuyemo no gukumira abantu bashobora guhungabanya ituze ry’igihugu.
Ndayishimiye yavuze ko Abarundi bamaze kwigira ku mateka y’igihugu cyabo, bityo ko nta muntu ukwiye gutekereza ko ashobora kongera gutungura igihugu cyangwa kugihindura ku ngufu.
Ati: “Twarize, twaramenye, twararetswe, twaramenye. Igihugu ntigitangwa, kirarwanirwa.”


