Cairo,-,December,28,:,View,From,Cairo,Citadel,In

Ibihugu 10 bya mbere muri Afurika bifitiye imyenda myinshi IMF

Sangiza iyi nkuru

Inguzanyo z’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) ni ingenzi cyane ku bihugu bifite ikibazo cyo kugabanuka kw’amafaranga y’amahanga cyangwa ibura ry’inguzanyo zo hanze, cyane cyane muri Afurika.

Ideni ryinshi rya IMF rishobora kugaragaza intege nke mu bukungu, cyane cyane mu gihe cy’izamuka ku rugero ruto ry’ubukungu cyangwa igabanuka ry’agaciro k’ifaranga.

Gukoresha inguzanyo nini za IMF bibangamira ingengo y’imari ya leta kandi bigakura amafaranga mu nzego z’iterambere nk’ibikorwa remezo, ubuvuzi, n’uburezi.

Inguzanyo za IMF, zishingiye ku burenganzira bwihariye bwo gukusanya amafaranga (SDRs), zihenda cyane iyo ifaranga ry’igihugu rigabanutse mu gaciro, bigatuma amafaranga yishyurwa yiyongera.

Ariko, amafaranga menshi atarishyurwa ashobora kugaragaza intege nke, cyane cyane iyo kwishyura imyenda bihuriranye n’izamuka ry’ubukungu rigenda rigabanuka cyangwa igabanuka ry’agaciro k’ifaranga.

Umwenda munini wa IMF ugaragaza ko ibihugu bifite inshingano zigomba kuzubahirizwa mu gihe kizaza. Ibi bishobora kongera umutwaro ku ngengo y’imari ya Leta, cyane cyane iyo amafaranga yinjira ari make.

Amafaranga akoreshwa mu kwishyura imyenda y’amahanga ntashobora gukoreshwa mu gutera inkunga ibikorwa remezo, ubuvuzi, uburezi, cyangwa ibindi bikenewe mu iterambere.

Iyo agaciro k’ifaranga ry’igihugu kagabanutse, igitutu kiriyongera nk’uko inkuru dukesha Business Insider ikomeza ivuga.

Kubera ko imyenda ya IMF, ikiguzi cy’ifaranga ry’igihugu cyo kwishyura inguzanyo gishobora kwiyongera iyo ifaranga ry’imbere mu gihugu rigabanutse mu gaciro.

Imyenda myinshi ya IMF ishobora kandi kugabanya ubushobozi bwa leta bwo guhangana n’ibibazo by’ubukungu.

Igihugu kiri mu kibazo cy’ubukungu gishobora gusaba inkunga y’inyongera, cyane cyane niba gisanzwe gifite imyenda ikomeye muri iki Kigega.

Vuba aha, Misiri, igihugu cya Afurika gifite imyenda myinshi muri Afurika cyahawe n’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF), yabonye inguzanyo y’inyongera ya miliyari 1.8 z’amadolari.

Dukurikije imibare ya IMF, mbere y’uko inguzanyo nshya itangwa, Misiri yari ifite umwenda wa IMF ungana na miliyari 6.7 z’amadolari, mu gihe igihugu cya kabiri cya Afurika gifite imyenda myinshi kibarirwa asaga miliyari 4 z’amadolari.

Dore ibihugu 10 bya mbere bifitiye imyenda myinshi IMF

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply