Uwabaye Nyampinga w’u Rwanda, Mutesi Jolly, avuga ko gufunga abapolisi bagaragaye barenganya umukobwa ku bw’imyambarire ye bidahagije.
Mu butumwa bwe kuri X ati” Kuri Polisi y’igihugu, mbashimiye mbikuye ku mutima, kandi mbashimira kuba mwemeye ko habayeho ikosa. Ariko kandi, iki kibazo kirenze ku muntu umwe; kubazwa inshingano ntibigomba kugarukira ku bapolisi ku giti cyabo gusa, ahubwo ikigo cyose kigomba kubazwa inshingano. Twizeye ko hari urwego rw’ubuyobozi n’amabwiriza abo bapolisi baba bakurikiza mu gihe bakora inshingano zabo.Kandi ibi bibazo birenze kure impungenge imwe gusa.”
Yakomeje ati ” Ntabwo ikibazo ari ukugenzura imyambarire y’abantu hashingiwe ku bipimo bidatomoye kandi amategeko atagaragaza mu buryo busobanutse; ni n’uburyo bwo kudashyira ubushishozi mu gukemura ibi bibazo, kuko bitagira ingaruka ku bantu ku giti cyabo gusa, ahubwo binatuma icyizere abaturage bafitiye Polisi, ari cyo twamye twizera, kigenda kigabanuka.
Mutesi Jolly yagaragaje aho abona icyuho, ati “Akandi kaga gakomeye kurushaho ni ugushyiraho umuco aho imyitwarire ishingiye ku myumvire ya buri muntu yemerewe kwiyerekana nk’aho ari ugushyira mu bikorwa amategeko( law enforcement). Uyu munsi bishobora kuba imyambarire y’umugore, ariko ejo ni iki kindi umupolisi ashobora gufata nk’ikitemewe?Dukomoka mu mico n’imibereho itandukanye kandi tubona ibintu mu buryo butandukanye. Ntidushobora gushyira mu bikorwa amategeko dushingiye ku marangamutima y’abantu cyangwa ku buryo babona ubuzima.Nk’abaturage bafite inshingano, twemera ko igihugu kigomba kubahiriza indangagaciro runaka. Ariko indangagaciro zigira imbaraga kurushaho iyo ari amahame asangiwe n’abantu bose.”
Yasoje ubutumwa bwe asaba gusobanurirwa neza ingingo y’itegeko mpanabyaha ry’u Rwanda ihana icyo Polisi iri kwita“imyitwarire idahwitse ikorerwa mu ruhame.”
Kuva aho Polisi ikumiriye bamwe mu bakobwa ikababuza kwinjira mu gitaramo cya Diamond Platnumz i Kigali kubera ko ‘batikwije’, impaka zabaye urudaca kuri iki kibazo.


