Kabagambe yahishuye byinshi kuri Tom Byabagamba biganye ‘primaire’ muri Uganda

Ignatius R. Kabagambe usanzwe ari Umuvugizi wa Kaminuza y’ u Rwanda (UR), yahishuye ko yiganye mu ishuri rimwe mu mashuri abanza na nyakwigendera Tom Byabagamba aho bari batuye mu nkambi y’impunzi ya Nakivale muri Uganda. Uyu mugabo  kuri X yahishuye ko yiganye na Tom Byabagamba ku ishuri ribanza ryitwa Gashojwa riri muri Uganda ndetse ko […]

Uganda: Uwahoze ari Perezida w’Inteko ishinga amategeko agiye kurekurwa

Umugaba w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba yatangaje ko ku itegeko rya Se, agiye kurekura uwahoze ari Perezida w’Inteko ishinga amategeko, Anitha Annet Among uzwi nka AAA. Gen Muhoozi yemeje aya makuru kuri uyu wa 25 Kanama 2026 mu butumwa yanyujije kuri X. Yagize ati “Mzee (izina akunze kwita Se Museveni) yanansabye ko AAA avanwa […]

Ishyamba si ryeru hagati ya Gen Muhoozi na muramu we Rwabwogo

Umugaba w’Ingabo za Uganda (UPDF), Gen Muhoozi Kainerugaba yavuze ko agiye gutangira guta muri yombi abari muri PACEID, Komite Ngishwanama y’Umukuru w’Igihugu ishinzwe Ibyoherezwa mu Mahanga n’Iterambere ry’Inganda, iyobowe na Muramu we, Odrek Rwabwogo kuko asanga iyo komite itemewe. Mu butumwa yashyize kuri X, Gen Muhoozi akaba nanone umujyanama wa Se, Perezida Museveni Tibuhaburwa Yoweli […]

Turukiya yategetse ko Netanyahu atabwa muri yombi

Turukiya yavuze ko izasaba polisi mpuzamahanga-Interpol gutanga itangazo mpuzamahanga ryo gushakisha no guta muri yombi Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu mu rubanza rujyanye n’igitero cyagabwe ku barwanashyaka bagerageza kugeza imfashanyo y’ubutabazi muri Gaza. Minisitiri w’Ubutabera wa Turukiya, Akin Gurlek, yavuze ko hatanzwe impapuro zo guta muri yombi Netanyahu n’undi ukekwaho icyaha cya jenoside, ibyaha […]

Uwayoboye Kisoro yasabye Abanyarwanda bo muri Uganda kuba nk’Abayahudi

Umunyapolitiki wigeze kuyobora Akarere ka Kisoro muri Uganda, Abel Bizimana, yasabye Abanyarwanda baba muri Uganda gukomeza kunga ubumwe hatitawe ko batatanye, bakigira ku Bayahudi. Mu butumwa yatanze kuri X kuri uyu wa 23 Kanama 2026, Bizimana yavuze ko imibanire y’Abanyarwanda ikwiriye kurenga imipaka, ahubwo bagashyira hamwe nk’uko ibyo bitigeze bikoma mu nkokora Abayahudi. Yagize ati […]

Kaminuza y’ u Rwanda yasabye imbabazi

Kaminyuza y’ u Rwanda (UR) yasabye imbabazi nyuma yo gutanga amakuru yateje urujijo, aho yavugaga ko kwiyandikisha ku banyeshuri basanzwe bayigamo bagiye mu wundi mwaka w’amashuri, byageze ku Rwf 60,000 mu gihe ubusanzwe yari Rwf 35,000. Ubwo itangazo rya UR ryakomezaga gucicikana ni nako abenshi bibazaga icyatumye UR yongera amafaranga yo kwiyandikisha. Umuvugizi wa Kaminuza […]

Umwarimu ukatwa umushahara kugeza ubwo ahembwa Rwf 3000 yakuruye impaka

Uwitwa Umurerwa Chall uzwi cyane nk’umuntu ukora ibiganiro n’ibitekerezo ku mbuga nkoranyambaga cyane kuri X, yagaragaje ko hari umwarimu ukatwa ku rwego asigara ahembwa Rwf 3,896 ku kwezi. Yagaragaje ubutumwa busa n’ubutangwa na Umwalimu SACCO bugaragaza uwabuhawe n’amafaranga asigaranye. Muri ubwo butumwa buvuga ko ari umushahara wa Kanama 2026, watanzwe kuwa 21 Kanama 2026 bigaragara […]

Inyubako Gallerie Ndayizamba na Le Parisien zahiye

Inyubako ebyiri nini zirangirizwamo ibikorwa bitandukanye by’ubucuruzi mu Mujyi wa Bujumbura, zitwa; Gallerie Ndayizamba na Le Parisien zafashwe n’inkongi y’umuriro zirashya. BBC Gahuzamiryango dukesha iyi nkuru ivuga ko abaturage batuye hafi y’aho izo nyubako ziri bavuga ko babonye ibirimi by’umuriro bidasanzwe n’umwotsi mwinshi w’umukara byazamutse mu kirere. Abo baturage bavuga ko imodoka eshatu zitwara abashinzwe […]

MINEDUC yanenzwe ko uwahize abandi mu bizamni bya ‘Tronc Commun’ atabonetse mu itangwa ry’ibihembo

Abantu batandukanye kuri X yahoze yitwa Twitter bagaragaje ko banenze Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ku kuba itaratumiye Uwamariya Leontine, wize kuri ISF Nyamasheke,akaba ari we wagize amanota ya mbere mu gihugu cyose mu bakoze ibizamini bisoza icyiciro rusange (O’level/Tronc Commun) ariko ntagaragarare mu itangwa ry’ibihembo ry’abahize abandi ryabereye muri Camp Kigali kuwa 20 Kanama 2026. Muri […]

Ibyavuye mu bizamini bya Leta: Guhabwa imyanya yo muri ‘internat’ byabaye ingume

Ikigo cy’lgihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) cyatangaje amanota y’ibizamini bisoza amashuri abanza (PLE) n’icyiciro rusange (O’Level)  gusa imibare igaragaza ko guhabwa imyanya ku banyeshuri bifuza kwiga bacumbikirwa ku mashuri (internat/boarding school) byabaye ingume biturutse ku mubare muto w’imyanya iri ku bigo by’amashuri bifite amacumbi y’abanyeshuri. Ibi byagaragaye ubwo Umuyobozi Mukuru wa NESA, Dr. Bahati […]

Kenya: Umuyobozi w’Ubutasi bwa Équateur n’Abanyamerika mu baguye mpanuka y’indege

Umukuru w’urwego rw’ubutasi muri Équateur (Ecuador), Michele Sensi-Contugi n’umugore we bapfiriye mu mpanuka ya kajugujugu yabereye muri Kenya. Ku wa gatatu, Michele Sensi n’umugore we, Stephany Hollihan, bari mu bantu barindwi bapfiriye muri iyo mpanuka yabereye mu karere ka Samburu, ahagana saa tatu za mu gitondo za mu gitondo ku isaha yo muri Kenya. Umuvugizi […]

Ifatwa ry’intwaro nyinshi i Burundi: Dore ibikekwa ko Gitega yaba iri gutegura

Ubushinjacyaha Bukuru bwa Repubulika bwatangaje ko bwatangiye gukurikirana mu nkiko itsinda ry’abantu bakekwaho kugira uruhare mu bucuruzi butemewe bw’intwaro bakoresheje inyandiko mpimbano. Ibihanga ku makuru yatanzwe kuri iki kibazo, hari abo byatumye batangira gukeka ko Gitega yaba ifite umugambi wo kugira abo yikiza ibinyujije mu kubagerekaho ibyaha. Mu itangazo ryasohotse ku wa Kabiri, Ubushinjacyaha Bukuru […]

Kompanyi ya Trinity yavuze icyatwitse bisi yayo ikaba ubushingwe

Kompanyi ya Trinity Bus Services itwara abagenzi ivuga ko bisi yayo yavaga muri Uganda yafashwe n’inkongi y’umuriro hafi ya Nyacyonga, ubwo yari yegereye Kigali ku mugoroba wo ku wa Mbere, tariki ya 17 Kanama 2026 biturutse ku bushyuhe. Mu kiganiro yagiranye na The New Times ku wa Kabiri, tariki ya 18 Kanama, Silus Ntakirutimana, Umuyobozi […]

Uwashotoye Sheila Gashumba ari mu mazi abira

Amakuru aturuka muri Uganda aravuga ko Evelyn Masika uzwi nka Evelyn Mic yirukanywe ku kazi nyuma y’iminsi mike amaze ari guterana amagambo na Sheila Gashumba, wari waramuburiye ko ashobora kumwirukanisha ku kazi. Mu minsi ishize, Sheilah Gashumba na Evelyn Mic  batangiye guterana amagambo ku mbuga nkoranyambaga, cyane cyane nyuma y’amagambo Evelyn yavuze kuri Sheilah n’imibanire […]

U Rwanda rwarenze ku masezerano rukumira inzoga zikorerwa muri Uganda-UNBS

Ikigo cy’igihugu cya Uganda gishinzwe ubuziranenge (UNBS) kivuga ko u Rwanda rwarenze ku masezerano rusange hagati y’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ajyanye no kwemeranya no kubahiriza ubuziranenge bw’ibicuruzwa, nk’uko biteganywa n’amategeko agenga ubuziranenge muri uwo muryango, ubwo rwahagarikaga  itumizwa mu gihugu ry’inzoga zikorerwa muri Uganda. UNBS mu itangazo yashyize hanze, yavuze ko yamenye […]

Gukora ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge: Mu bakora amarangi ni ibicika

U Rwanda ruri mu nkundura yo guca inzoga zitujuje ubuziranenge kuko zoretse ubuzima bw’abaturage batari bake, abandi bakahasiga ubuzima. Ni icyemezo gikomeje gushimwa ahanini n’abaturage.Mu gihe ikigambiriwe ari uguca ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge kugira ngo hakumirwe ingaruka byagira ku baturage, hongere hatekerezwe uko abaturage barindwa bamwe muri ba Rusahurira mu nduru bakora amarangi, buzuza imifuka yabo […]

Angeline Ndayishimiye ku byo kuzambaguza abakora muri perezidansi

Umugore wa Perezida w’u Burundi, Madamu Angeline Ndayubaha Ndayishimiye yahakanye amakuru akunze kugarukwaho ku mbuga nkoranyambaga, ko azambaguza abakozi bo mu biro bya Perezida w’ u Burundi, Evariste Ndayishimiye, bigatuma badakora neza inshingano zabo.  Mu kiganiro cyihariye yagiranye na BBC Gahuzamiryango, Madamu Ndayishimiye yavuze ko ibivugwa atari byo, ko ntaho ahurira n’abakozi bo muri Ntare […]

Ku myaka umunani aba yatangiye kunywa inzoga-Agatama karaca ibintu mu gihugu mu gihugu gituranye n’u Rwanda

Ubushakashatsi bw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima (OMS/WHO) bwagaragaje ko muri Uganda, umwana w’imyaka umunani aba yatangiye gusoma ku nzoga. Ubu bushakashati bwiswe ” Uganda Alcohol Report” nk’uko Daily Monitor yabitangaje, buravuga ko umuturage wa Uganda umwe ku mwaka aba anyoye litiro z’inzoga itavangiye zingana na 12.21, ingingo ituma iki gihugu kiza ku isonga muri Afurika […]

Umuyobozi wa Rwanda FDA yafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB) rwataye muri yombi abantu 17 barimo Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Kugenzura Ubuziranenge bw’Ibiribwa n’Imiti mu Rwanda (Rwanda FDA), Prof. Emile Bienvenu. Uyu muyobozi yafatanwe n’abandi bayobozi bo muri iki kigo yari abereye umuyobozi ndetse n’abandi bo mu Kigo gishinzwe Ubuziranenge (RSB) no mu nzego z’ibanze. Aba bakurikiranweho ibyaha bifitanye […]

Umushakashatsi yibajije ikiri inyuma y’ ibibera mu Byangabo

Umushakashatsi n’umusesenguzi w’ibya politiki, imiyoborere n’iterambere, ukomoka muri Uganda, Frederick Golooba-Mutebi, yibajije igituma ku buryo ako gace ko mu Karere ka Musanze gahoramo urujya n’uruza rwinshi n’urusaku rw’abantu n’ibikorwa bitandukanye. Abinyujije kuri X, Mutebi ati ” Hari ikintu kidasanzwe kandi gishimishije ku mujyi wa Byangabo wo mu Karere ka Musanze. Haba harimo urujya n’uruza rwinshi […]

Kenya yanyuranyije na Rwanda FDA ku ihagarikwa ry’ibinyobwa birimo Gilbey’s

Ikigo gishinzwe Ubuziranenge muri Kenya (KEBS) cyanyuranyije n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibiribwa n’Imiti mu Rwanda (Rwanda FDA) ku ihagarikwa by’agateganyo ry’inzoga zengerwa muri Kenya, zigacuruzwa ku isoko ry’ u Rwanda zirimo iyari ikunzwe n’abatari bake yitwa Gilbey’s. Mu itangazo KEBS yashyize hanze kuwa 11 Kanama 2026, rijyanye n’iri hagarikwa ryakozwe na Rwanda FDA, iki kigo kivuga ko […]

Nta baruwa ya APR twakiriye-FERWAFA

Umunyambanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe yatangaje ko kugeza ubu nta rwandiko ruvuye mu Ikipe ya APR FC bakiriye, ruvuga ko batazakina imikino ibiri mu guhatanira igikombe cya Super Cup. Mugabe mu kiganiro yagiranye na Radiotv10 kuri uyu wa 10 Kanama 2026, yavuze ko nta baruwa ya APR FC bari bakira […]

Perezida Kagame yavuze impamvu nyakwigendera Senateri Mukabalisa yagiye ahabwa imyanya ikomeye

Ubutumwa bwa  Perezida wa Repubulika, Paul Kagame bwatanzwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango RPF-Inkotanyi, Ambassaderi Bazivamo Christophe, ubwo mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko haberaga umuhango wo gusezera bwa nyuma mu cyubahiro, Nyakwigendera Senatyeri Mukabalisa Donatille witabye Imana, buvuga ko uyu mubyeyi yagiye atorerwa cyangwa agahabwa inshingano zitandukanye kandi zisaba byinshi kandi akazisohoza neza kubera ko yumvaga neza […]

Abadepite batumijeho abaminisitiri babiri nyuma yo kugezwaho raporo ya PAC

Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yafashe imyanzuro irimo gutumizaho Minisitiri w’Ibikorwaremezo na Minisitiri w’Uburezi kugira ngo batange ibisobanuro mu mgambo ku bibazo bitandukanye byagaragajwe na Komisiyo Ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC). Kuri uyu wa 4 Kanama 2026 nibwo Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yagejejweho raporo ya Komisiyo Ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta […]

Tanzaniya: Umukobwa yishe nyina wamubujije kujya mu isabukuru y’amavuko

Polisi mu Ntara ya Pwani muri Tanzania yataye muri yombi umukobwa w’imyaka 16 witwa Rahma Musa Tito, imushinja kwica nyina Hadija Hemedi Shaha w’imyaka 51 wari umubujije kwitabira isabukuru y’amavuko y’inshuti ye. Umuyobozi wa Polisi mu Ntara ya Pwani, Salim Morcase, avuga ko uyu mukecuru yari atuye mu cyaro cy’ahitwa Msoga, Akarere ka Chalinze, yishwe […]

Gen Mugisha wayoboraga SFC yasimbujwe

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda akaba n’Umujyanama wa Perezida Museveni ku bikorwa bidasanzwe, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yasimbuje Maj. Gen. David Mugisha wayoboraga Ingabo zidasanzwe za Uganda (SFC),ugiye kujya mu masomo ya gisirikare. Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi w’Agateganyo w’Ingabo za Uganda, Col. Chris Magezi kuri uyu wa 3 Kanama 2026, avuga ko Gen Mugisha yasimbuwe na  Brig. […]

Dr. Besigye yituye hasi ubwo yari mu rukiko

Dr. Col. (Rtd) Kizza Besigye Kifefe yituye hasi ubwo yari mu rukiko kuri uyu wa 29 Nyakanga 2026, ajyanwa mu bitaro ikitaraganya. Ibinyamakuru byo muri Uganda biri kuvuga ko iburanisha ryahise risubikwa rikazasubukurwa mu gihe kiri imbere. Dr. Kizza Besigye, umwe mu banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, ubu araregwa cyane cyane icyaha cy’ubugambanyi bwo […]

Padiri yishe umukozi w’Ikigo gishinzwe imisoro mu gihugu

Padiri muri Kiliziya Gatolika yo muri Uganda  witwa Dominic Alinga yakatiwe gufungwa imyaka 21 nyuma yo kwemerera urukiko ko yishe ateye icyuma umukozi w’Ikigo gishinzwe imisoro muri Uganda (URA) witwa  Bosco Ngorok ndetse akagerageza kwica undi witwa Moses Abigaba. Urukiko Rukuru rwa Entebbe rwakatiye uyu mupadiri wakoreraga ubutumwa bwe muri Paruwasi yitwa Iriiri mu Karere […]

Nta Dr. Muganga, nta Witonze- Hon. Luttamaguzi yatabaje inteko

Uwahoze ari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Hon. Luttamaguzi Semakula yatabaje inteko ishinga amategeko avuga ko n’ubwo iherutse kwanga Dr. Muganga Lawrence ku mwanya w’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga kubera ikibazo cy’ubwenegihugu, kuba noneho Perezida Museveni yagennye Witonze Juma Kisekka kuri uwo mwanya byose ari kimwe. Mu butumwa yanyujije kuri Facebook […]

Igitaramo cya Gloria Bugie cyajemo birantega

Igitaramo cy’Umunyarwandakazi ukorera umuziki muri Uganda, Gloria Busingye cyajemo birantega nyuma y’aho bitagikunze ko agikorera kuri Sitade ya Namboole nk’uko we yabyifuzaga. Mu kiganiro na Galaxy TV Bugie yavuze ko iki gitaramo cye cya mbere kitakibereye Namboole. Yagize ati ” Bambwiye ko Namboole bidashoboka kuko kugeza ubu yafashwe ngo yakire AFCON. Turi gushakisha ahandi hanini […]

Icyitwa Ikarita y’umweru cyabaye ikibazo ku barimo Abanyarwanda muri Zambia

Impunzi zirimo abakomoka mu Rwanda, DR Congo no mu Burundi ziba mu Murwa Mukuru Lusaka muri Zambia zirataka kutongererwa agaciro icyangombwa cyo kuhakorera kizwi nk’Ikarita y’umweru ku mpamvu zivuga ko zitaramenya. Izi mpunzi ziravuga ko kuba iyi karita ihabwa abemerewe gukorera hanze y’inkambi itari kongererwa igihe (renewal) bituma zihera mu nzu zitinya gutabwa muri yombi, […]

Uzwiho kugora Abanyarwanda agiye ‘gusimbura’ Dr Muganga wanzwe n’inteko

Amakuru aturuka mu binyamakuru byo muri Uganda aravuga ko uwitwa Juma Uwitonze uzwiho kugora abo mu bwoko bw’Abanyarwanda muri Uganda bashaka indangamuntu na pasiporo yaba agiye gusimbura Dr Lawrence Muganga wanzwe n’akanama gashinzwe kwemeza abayobozi bahawe imyanya na Perezida Museveni mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda ku mwanya w’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga. […]

AIGP Mwesigwa ari guterwa ubwoba azira u Rwanda

Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi ya Uganda ushinzwe ibikorwa, AIGP Frank Mwesigwa, ari guterwa ubwoba n’umugabo witwa Stephen Nuwagaba, uvuga ko ari Brigadier General mu ngabo za Uganda, UPDF wamubwiye ko ari gutegura raporo azashyikiriza Perezida Museveni amugaragariza ko uyu mupolisi mukuru yakiriye amafaranga ahawe n’u Rwanda. The Independent ya Andrew Mwenda dukesha iyi nkuru […]

Ibya Gen Kayihura bishobora kujya irudubi

Amakuru aturuka muri Uganda aragaragaza ko Gen Kale Kayihura ashobora kongera kujya mu bibazo byiyongera ku gatebe amazeho iminsi nyuma y’aho ubu hari uwabwiye urukiko ko afite akaboko mu rupfu rw’uwari Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ubushinjacyaha bwa Uganda, Joan Kagezi Namazzi, wishwe arashwe mu 2015. Mu Cyumweru gishize, abagabo batatu bakurikiranweho kwica Joan Kagezi bagejejwe mu […]

Umwavoka yavuze uko yari arogewe mu Rwanda

Umwanditsi w’ibitabo, Umusesenguzi wa politiki akaba n’Umunyamateheko ukomoka muri Uganda, Kakwenza Rukirabashaija, yavuze ko muri Gashyantare 2023 yari arogewe mu Rwanda mu gace atatangaje izina, ariko Imana igakinga akaboko. Mu butumwa yanyujije kuri Facebook kuri uyu wa 18 Nyakanga 2026 yavuze ko uwari ugiye kumuroga ari inshuti ye ya hafi yamusabye kumwoherereza icyo kunywa cya […]

Uganda: Ukurebana ay’ingwe kwadutse mu muryango w’umuherwe Karangwa

Amakuru aturuka muri Uganda aravuga ko ubu intugunda ari zose hagati y’abagore b’umuherwe Karangwa Moses wapfuye azize impanuka y’imodoka mu mezi make ashize. Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bakomeye muri Uganda, Ritah Kagwa avuga ko yamenye amakuru ko hari ukutumvikana hagati ya Kirabo Florence na Jacqueline Birungi ahanini bapfa imitungo yasizwe na Karangwa. Amakimbirane yaturutse […]

Abagabo bo muri Mozambique bafite uruhara bari guhigwa bukware

Amakuru ari gucicikana ku mbuga nkoranyambaga aravuga ko abagabo bo muri Mozambique bafite uruhara bari gushakishwa kugira ngo bacibwe imitwe biturutse ku myumvire ivuga ko bafite zahabu mu mitwe yabo. Ibinyamakuru bimwe bivuga ko iyi myumvire yatejwe imbere na bamwe mu bavuzi gakondo. Ubuyobozi muri icyo gihugu bwemeje imfu z’abagabo babiri bafite uruhara bazize iyi […]

Gakenke:Umwarimu kuri G.S Kumubuga yafashwe yibye ihene n’intama

Umwarimu ku ishuri ryisumbuye ryo ku Mubuga utuye mu Karere ka  Gakenke, Umurenge wa Gakenke, Akagari ka Buhata mu Mudugudu wa Karambi witwa Uwizigira Marcel Clement yafatanwe amatungo magufi arimo ihene n’intama byari byibwe abaturage. Amakuru yizewe agera kuri BWIZA ni uko Uwazigira w’imyaka 35 ubuyobozi bwari bufite amakuru ntakuka ko akorana n’abajura biba amatungo […]

Sheila Gashumba yutse inabi uwamusabye ubufasha

Ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga muri Uganda, Sheila Gashumba yutse inabi uwamusabye ubufasha bwa Ugx miliyoni eshanu kugira ngo na we yiteze imbere. Uyu yagize ati ” Rwose ni gute wakoresha miliyoni 69 mu ijoro rimwe? Ndagira ngo undwaneho nanjye umpe nka miliyoni eshanu niteze imbere. ” Mu kumusubiza, Sheila Gashumba yagize ati ” Ni nde […]

Abakoresha umupaka wa Kobero bajya i Kigali bari guhura n’uruvagusenya

Abagenzi n’abatwara abantu n’ibintu barataka kuzengerezwa n’abashinzwe umutekano b’u Burundi ku mupaka wa Kobero uhuza icyo gihugu na Tanzania ariko bikajya irudubi iyo bimenyekanye umugenzi agiye mu cyerekezo cyo mu Rwanda. Ibinyamakuru SOS Médias Burundi dukesha iyi nkuru kivuga ko ku mupaka wa Kobero bahagera mu cyuka cy’ubwoba, bakavuga ko basakwa bikabije ndetse ko hari imigirire […]

Amazi bogesheje imirambo yabaye imari ishyushe i Kampala

Amazi yakoreshejwe mu koza imirambo mu bitaro bitandukanye no mu ngo yabaye imari ishyushye haba mu mahoteli n’amaresitora yo mu Mujyi wa Kampala no mu ngo kuko ari kwifashishwa mu gukurura abakiliya ndetse no kwigarurira imitima y’abagabo ku bagore. Amashusho BWIZA yabonye kuri Youtube Channel yitwa WBM, hagaragaye umutumirwa wavugaga ko hoteli nyinshi mu Mujyi […]

Inzu yawe wowe wayubaka gutyo? PAC ibaza Gitifu w’Akarere ka Burera

Komisiyo y’Abadepite ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Umutungo n’Imari bya Leta (PAC) yabajije Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Burera, iby’amazu y’abasanyewe n’ibiza yubatswe nabi, akaba afite ibisenge bibi ndetse akaba yarajemo imitutu mu nkuta kandi ataramara n’umwaka yubatswe. Ibi ni ibyagarutsweho ubwo Akarere ka Burera kitabaga PAC kuri uyu wa 9 Nyakanga 2026 kugira ngo basobanure ibibazo byagaragajwe […]

Pasiteri Bugingo yakwennye abirukanwe muri Afurika y’Epfo

Pasiteri Aloysius Bugingo yakwennye Abagande bari baragiye gushaka imibereho muri Afurika y’Epfo ariko bagacyurwa birewe n’uko bahigwaga, ko batashye amara masa. Uyu mugabo ufite inkomoko mu Rwanda yavuze ko aba batashye ntacyo bafite nyamara igihe bari bakiri muri Afurika y’Epfo baranengaga bikomeye Leta ya Museveni. Yasabye ko bamuha akanya akabaganiriza. Yagize ati ” Abagiye muri […]

DJ Sonia aratabaza avuga ko abo muri minisiteri bamumereye nabi

Umwe mu bakobwa bavanga imiziki mu Rwanda, Kayitesi Sonia uzwi nka DJ Sonia aratabaza avuga ko hari imigambi yo kumugirira nabi cyane kumwangisha abantu iri gucurwa n’abantu atatangaje amazina ariko bakora muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’ubuhanzi kandi ko amaze imyaka atabaza inzego zinyuranye ngo ahabwe ubutabera kuri iki kibazo ariko ntibigire icyo bitanga. Abinyujije kuri […]

PAC yatamaje Meya wa Nyabihu wari uyikinze ibikarito mu maso ku gutuza abaturage muri ‘buffer zone’ 

Perezida wa Komisiyo y’Abadepite ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Umutungo n’Imari bya Leta (PAC) Depite Muhakwa Valens yatamaje Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mukandayisenga Antoinette, wavuze ko akarere ayoboye katari kazi ko amazu yasaniwe abasenyewe n’ibiza mu bice byegereye ibirunga hatemerewe guturwa (buffer zone) nk’uko bigenwa n’Ikigo cy’igihugu cy’Ubukerarugendo (RDB). Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ya 2025 […]

DJ Sonia ku byo gusambanira muri WC y’akabari

DJ Sonia ni umwe mu bakomeje kugarukwaho ku mbuga nkoranyambaga, aho bivugwa ko yasambaniye mu musarani wo mu kabari yariho avangiramo imiziki mu Karere ka Kicukiro ariko we akabihakana. Mu majwi yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, byavugwaga ko DJ Sonia yasambanye n’umwe mu bagabo b’abakire wategetse umwe mu bashinzwe umutekano (bouncer) we kurinda ubwiherero bw’abakobwa, aba […]

Ibyago mu muryango wa Dr. Nyirinkwaya

Muganga akaba n’umushoramari Dr. Nyirinkwaya Jean kuri uyu wa 8 Nyakanga 2026 yatangaje ko yabuze umufasha we, Akibode Marie Louise kuwa 04 Nyakanga 2026. Muganga Nyirinkwaya washinze Ibitaro bya La Croix du Sud,yabitse umufasha we abinyujije kuri Facebook avuga ko we n’abana be” bababajwe no gutangaza urupfu rw’umufasha n’umubyeyi wasenderezaga urukundo mu buzima bwabo.” Uyu […]

Igikoni cyo ku Bitaro bya Nyabikenke cyakuruye impaka muri PAC

Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu (PAC), bagaragaje kugwa mu kantu nyuma y’aho basanze ubuyobozi bw’Ibitaro bya Nyabikenke biri mu Karere ka Muhanga, bwarasubije ko igikoni cy’ibyo bitaro ari icyo mu cyaro ku buryo bitari ngombwa gushyiramo ibikoresho bimwe by’ikoranabuhanga bigezweho nka Firigo. Ibi byagaragaye kuri uyu wa 07 Nyakanga 2026 ubwo […]

Wikwiyica, ntiwanezeza umugore- Pasiteri

Umupasiteri wo muri Nigeria, Funke Felix-Adejumo yagiriye inama abagabo yo gukora bakita ku bagore babo ariko ko batagomba kwiyica kuko badashobora kunezeza abagore. Mu kibwiriza yatanze ku Cyumweru, yagiriye inama abagabo bubatse ati ” Muntege amatwi mwitonze. Kora buri kimwe ariko wikwiyica kuko ntiwanezeza umugore. Imana yaduhaye inzara ariko turazikata tugashyiraho izindi, ingohe, umusatsi ni […]

Abarwanyi bo mu mutwe udasanzwe wa FDLR bacengeye mu mujyi uhana imbibi n’ u Rwanda-Raporo

Raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iravuga ko  umutwe w’abasirikare badasanzwe ba FDLR witwa CRAP wacengeye mu Mujyi wa Goma, uhana imbibi n’uwa Rubavu ku ruhande rw’ u Rwanda. Iyi raporo igaragaza ko CRAP yivugira ko “ifite imitwe ikora ku nkengero z’Umujyi wa Goma  ndetse ko hari n’indi yacengeye muri uyu […]

Kwizigira wa RBA yatabaje RIB

Umunyamakuru wa RBA mu biganiro bya Siporo, Kwizigira Jean Claude, yatabaje asaba Urwego rw’Ubugenzacyaha guhagurukira abakoresha imbuga nkoranyambaga bagakwirakwiza amakuru y’impuha bavuga ko umuntu runaka yapfuye. Kwizigira abinyujije kuri Facebook yavuze ko na we hari uwamubitse anyuze kuri TikTok, asaba RIB kujya igira icyo ibikoraho. Ati “Bibaye ngombwa ko mvuga kuko ndabona benshi mu Nshuti […]

Urupfu rwa Padiri Muvunyi rwateje urunturuntu

Urupfu rwa Padiri Muvunyi Victoria rwateje urunturuntu muri Kiliziya Gatolika muri Uganda, aho abo mu muryango we basabye ko hasuzumwa icyamuhitanye kuko bakeka ko yaba yararozwe n’abapadiri bagenzi be. Uyu mupadiri w’imyaka 34 yashyinguwe kuwa Kabiri mu irimbi rya Seminari nto ya Kisubi nyuma y’aho umurambo we usanzwe aho Musenyeri wa Arikidiyosezi ya Kampala,  Dr […]

Umugore yahishuye ‘za miliyoni’ Umunyarwandakazi Kirabo yishyuwe n’umwe mu bakomeye muri Uganda

Ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga muri Uganda, Shanitah Namuyimbwa uzwi nka Badblack avuga ko umugabo w’uwahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Moses Magogo Hassim, yishyuye ibihumbi 10 by’amadolari ya Amerika, asagaho gato Frw miliyoni 14 n’igice kugira ngo aryamane n’Umunyarwadakazi w’ikimero, Kisitu Kirabo.  Bad Black avuga ko Magogo usanzwe ari umugabo wa Anita Annet […]

Gen Muhoozi Kainerugaba yiteguye kwakira imfungwa za M23

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda Gen Muhoozi Kainerugaba yiteguye kwakira imfungwa z’intambara za M23 zigera ku bihumbi bine. Ku rubuga rwa X Gen Muhoozi yavuze ko yiteguye kwakira abo yita abavandimwe. Yagize ati ” Niteguye kwakira imfungwa z’intambara ibihumbi bine zivuye mu bavandimwe bacu ba M23. Bose ni Abanyecongo. Bari kuba barishwe bose.Gen Muhoozi Kainerugaba […]

Uko Turere w’imyaka 11 yakemuye ikibazo kimaze imyaka cyarazengereje aborozi b’inka

Umwana w’imyaka 11 witwa Richard Turere yabashije gukemura ikibazo cyari kimaze imyaka n’imyaniko cyarabaye karande ku borozi b’inka muri Kenya. Turere wavutse agasanga ababyeyi baturiye Pariki y’igihugu ya Nairobi, ariko bazengerejwe n’intare zari zarabamariye inka, zizirya cyane mu ijoro, yaje gutekereza uko iki kibazo cyakemuka. Mu kwitegereza, ibinyamakuru byo muri Kenya bivuga ko yarebye uko […]

Hahishuwe ko rwaserera iri mu muryango wa Kafeero ifitanye isano n’u Rwanda

Umwe mu bagabo bakuze akaba n’umusesenguzi ku ngingo zitandukanye muri Uganda witwa Uncle Kagato avuga ko kuba mu muryango w’umuhanzi Prince Job Paul Kafeero harasigaye ibibazo uruhuro bifite aho bihuriye no kuba Se umubyara yari Umunyarwanda. Muri iki cyumweru nibwo ibipimo bya DNA byagaragaje ko mu bana 25 bavugaga ko babyawe na Kafeero, bane ari […]

Ntabwo ndi wa mugabo ukubita urushyi mu musaya umwe nkaguha undi-Gashumba yarubiye

Umunyarwanda akaba n’Umushabitsi muri Uganda, Frank Malimungu Gashumba, avuga ko we yanga umwanga, agakunda umukunda, ko atemera ibyo ibitabo birimo Bibiliya byigisha ko ugukubise urushyi mu musaya umwe, muhe n’undi wo ku rundi ruhande. Ni mukiganiro kuri Radio4 kuwa Mbere w’iki cyumweru, Frank Gashumba yavuze ko hari igihe atajya agendera ku byanditswe mu bitabo bitagatifu. […]

Abanyarwanda n’Abarundi baba muri Kenya: Agapfa kaburiwe ni impongo

Amashusho akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga cyane kuri Facebook, hagaragara bamwe mu rubyiruko rwo muri Kenya aburira Abanyarwanda, Abarundi batibagiwe n’Abanya-Uganda baba muri icyo gihugu, ko mu 2027 bagomba gusohoka muri icyo gihugu bitaba ibyo bakazabona ishyano. Amwe mu mashusho yakwirakwiye ku rubuga L.C.M Media, bamwe mu rubyiruko bumvikanye baburira Abanyarwanda n’Abarundi batibagiwe n’abanya-Uganda, ko […]

Tanzania ivuga ko hari abavuye mu bihugu bituranyi bashobora kuyihungabanyiriza umutekano i Kigoma

Guverineri w’Intara ya Kigoma muri Tanzaniya, Simon Nyakoro Sirro, yatanze iminsi irindwi ngo abaturage bava mu bihugu bituranye n’iki gihugu, bahaba nta byangombwa bafite bibibemerera, kuba bamaze gusubira iwabo kuko asanga bashobora guhungabanya umutekano mu gihugu by’umwihariko mu Ntara ya Kigoma abereye umuyobozi. Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuwa Gatatu, Sirro wahoze ari Umuyobozi Mukuru wa […]