Perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni Tibuhaburwa, yavuze ko atemeranya n’imigirire y’umuhagarariye mu Karere ka Karere ka Kyegerwa (RDC) yamenye ko yagiye gutobera urubyiruko arufungira utubyiniro.
RDC (Resident District Commissioner) muri Uganda, ni umuyobozi uhagarariye Perezidansi ya Uganda mu karere.
Museveni yabigarutseho mu kiganiro ubwo yagezaga ku baturage ijambo rye ku mutekano, ari Nakasero mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu kuwa 31 Kanama 2026.
Yagize ati ” Nabonye umwe muri ba RDC muri Kyegerwa ari gufunga utubyino, Ahhhhhhh, aaah, Abanayuganda twagara nnyo kusanyuka (Abanya-Uganda dukunda kunezerwa cyane). Abuzukulu banjye kubafungirana mu nzu, uuuhhh.”
Perezida Museveni yanenze uyu muyobozi mu gihe umuhungu we Gen Muhoozi yavuze ko utubari n’utubyiniro ari byo bigomba kugena igihe bifungira, gusa bikirinda guteza umutekano muke.


