Kuri uyu wa Kane, itariki ya 3 Nzeri 2026, ubushinjacyaha muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bwasabye ko Gen. Philémon Yav yakatirwa igifungo cya burundu. Ari kuburanishirizwa imbere y’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare ku byaha byo “kugambanira igihugu no kugira uruhare mu mutwe w’abagizi ba nabi bagamije guhirika ubutegetsi.”
“Turasaba Urukiko Rukuru rwa Gisirikare kwemeza ko ibyaha byo kugambanira igihugu no kugira uruhare mu mutwe w’abagizi ba nabi bagamije guhirika ubutegetsi, byaregwaga Gen. Yav Irung Philémon n’uwo bareganwa, Shauri, byagaragaye ko byakozwe hashingiwe ku bimenyetso no ku mategeko, no kubakatira, nubwo hakwitabwa ku mpamvu zoroshya ibihano, igifungo cya burundu,” ibi byasabwe na Lt. Gen. Lucien-René Likulia, Umushinjacyaha Mukuru wa FARDC.
Gen. Yav Irung ari kuburanishwa mu rubanza ruregwamo abandi basirikare bakuru bashinjwa ibikorwa bijyanye no kugerageza guhungabanya inzego za Leta no kugira uruhare mu mutwe w’abagizi ba nabi bagamije guhirika ubutegetsi.
Ubushinjacyaha bwanasabye ko abaregwa bahabwa amahirwe yo kugabanyirizwa ibihano kubera impamvu zoroshya ibirego, ariko bukomeza gusaba ko bakatirwa igifungo cya burundu.
Uru ni urubanza rwa kabiri Lt. Gen. Yav aburanishijwemo ari kumwe n’uwo bareganwa, Shauri, imbere y’Urukiko Rukuru. Mu rubanza rwa mbere, yari yareganwe n’abandi basirikare bakuru ba FARDC ku byaha bisa n’ibi. Urwo rubanza rwamaze gusuzumwa, kandi icyemezo cy’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare gitegerejwe mu minsi iri imbere.
Lieutenant-General Philémon Yav Irung ni umusirikare mukuru mu Ngabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), ubu uri kuburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare i Kinshasa ku byaha byo kugambanira igihugu ndetse mu byo ashinjwa harimo no gukorana n’u Rwanda.
Mbere yaho, yayoboraga Akarere ka 3 ka gisirikare k’Ingabo za FARDC gashinzwe kurinda igice cy’uburasirazuba bwa Congo, aho yakoreraga mu ntara eshanu (harimo Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Amajyepfo na Ituri).
Yav yafashwe muri Nzeri 2022 afatiwe i Kinshasa afungirwa muri Gereza Nkuru ya Makala. Nyuma yaho, Perezida Tshisekedi yatangaje ko Yav akekwaho kugerageza gufasha inyeshyamba za M23 kwigarurira umujyi wa Goma.


