WhatsApp-Image-2023-10-11-at-10.52.16

Kalehe: Imirwano ikomeye yahuje AFC/M23 n’ihuriro rya FARDC na Wazalendo

Sangiza iyi nkuru

Imirwano ikaze yakoreshejwemo intwaro ziremereye yahuje kuva saa saba z’amanywa kuri uyu wa Kane ushize, itariki ya 3 Nzeri 2026, abarwanyi ba AFC/M23 n’ihuriro rya Wazalendo na FARDC ahitwa Chinono muri Kivu y’Amajyepfo.

Iyo mirwano nk’uko tubikesha urubuga rwa Kivu Morning Post, yabereye mu gace ka Chinono gahuza uduce twa Ziralo na Mubuku muri Sheferi ya Buhavu, Teritwari ya Kalehe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC).

Nk’uko bitangazwa n’imiryango itegamiye kuri leta (sosiyete sivile) yo muri ako gace, iyi mirwano yatumye abaturage benshi bahunga. Bamwe berekeza i Ramba muri Gurupoma ya Mubuku, mu gihe abandi bahungiye mu mashyamba.

Indi mirwano muri icyo gice yabaye kuwa Gatatu, itariki 2 Nzeri, ubwo ihuriro ry’izo ngabo zirwanira ubutegetsi zateraga Umudugudu wa Lomera, muri Teritwari ya Kabare.

Ihuriro AFC/M23 mu itangazo ryashyize ahagaragara ryavuze ko icyo gitero cyahitanye abantu ndetse gituma abaturage bahunga ku bwinshi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply