AP25200346299102_0

AFC/M23 iragenzura Kazinga nyuma y’imirwano ikomeye na FARDC/Wazalendo

Sangiza iyi nkuru

Umujyi muto wa Kazinga, uherereye mu gace ka Butsike Gurupoma ya Nyamaboko ya 1 (mu karere ka Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru), wafashwe n’abarwanyi ba AFC/M23 kuri iki Cyumweru, itariki ya 6 Nzeri 2026, nyuma y’imirwano ikaze hagati y’Ingabo za FARDC zifatanyije n’inyeshyamba za Wazalendo.

Nk’uko amakuru ava muri ako gace abivuga, imirwano hafi ya Kazinga yatangiye ku wa Gatandatu ushize ubwo abo abarwanyi bagabaga igitero ku birindiro bya Wazalendo muri ako gace k’ingenzi gaherereye mu Murenge wa Osso Banyungu.

Iki gitero gikurikira ifatwa ry’uduce dutandukanye twaherukaga gufatwa na AFC/M23 muri iyo gurupoma, nka Shango, Mahanga, na Katsihiro na centre y’ubucuruzi ya Humura, aho abaturage bakomeje kugira impungenge z’imirwano bakomeje guhatirwa kuva mu byabo.

Nyuma y’iyo mirwano, Ingabo za FARDC n’inyeshyamba za Wazalendo zasubiye inyuma zerekeza ahitwa Kishee, mu majyepfo ya Gurupoma ya Nyamaboko ya 1 nk’uko bitangazwa na ACTUALITE.CD.

Umwuka uracyari mubi mu gace ka Osso Banyungu, aho urujya n’uruza rw’abarwanyi no gukomeza kw’imirwano bituma habaho impungenge z’uko abaturage bashobora gukomeza guhunga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply