Helicoptere

Indege za FARDC zananiwe kuvana AFC/M23 mu birindiro byayo i Masisi na Walikale 

Sangiza iyi nkuru

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zagabye ibitero by’indege ku birindiro bya AFC/M23 biri ku mupaka uhuza Teritwari ya Masisi na Walikale, ariko ntizashobora kuvana uriya mutwe muri ibyo birindiro.

Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 8 Nzeri 2026, ni bwo indege za FARDC zagabye ibitero kuri Malemo, muri Groupement ya Bashali Mokoto muri Masisi, no kuri Luola muri Groupement ya Kisimba muri Walikale.

Amakuru yatangajwe na ACTUALITE.CD avuga ko iturika rihambaye ryumvikane muri ako gace ahagana saa 17:00, mu gihe imirwano hagati ya FARDC n’abarwanyi ba AFC/M23 yari ikomeje.

N’ubwo FARDC yakoresheje indege z’intambara mu kugerageza kubuza AFC/M23 gukomeza kwagura ibice igenzura, amakuru aturuka muri biriya bice avuga ko uyu mutwe wakomeje kugumana ibirindiro byawo byarashweho.

Kuri ubu nta mibare yizewe y’abaguye cyangwa ibyangijwe n’ibitero by’indege yari yatangazwa.

Amakuru ahubwo avuga ko nyuma y’ibitero by’indege, hagaragaye izindi ngendo z’ingabo za M23 n’ibikoresho bya gisirikare mu gace ka Malemo no kuri Ihula, muri Kisimba, ibishimangira ko ibitero by’indege bitahise bihindura imiterere y’urugamba muri ako gace.

AFC/M23 kandi bivugwa ko iri gutegura gukomeza ibikorwa bya gisirikare ku murongo wa Malemo-Mindjendje no kuri Luola-Mpety, aho ishobora kuba igamije gukomeza kwerekeza ku mujyi wa Pinga usanzwe ari ingenzi cyane muri Teritwari ya Walikale.

ACTUALITE.CD yari yatangaje ko AFC/M23 yakajije igitutu cya gisirikare kuri uyu murongo, mu gihe abaturage bo mu bice bimwe na bimwe bakomeje kuva mu byabo kubera umutekano muke.

Ku rundi ruhande, amakuru yo kuri uyu wa 9 Nzeri avuga ko abarwanyi ba AFC/M23 bakuwe mu bice bya Rutoboko na Kibahemula muri Masisi, mu gihe imirwano n’ihindagurika ry’ibirindiro bikomeje muri ako karere.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply