1789026187150

AFC/M23 iravuga ko ingabo za Kinshasa zayicanyeho umuriro i Masisi na Walikale

Sangiza iyi nkuru

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ingabo zishyigikiye ubutegetsi bwa Kinshasa zakajije ibitero mu bice bitandukanye bya Teritwari za Masisi na Walikale, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, ibyatumye abaturage batangira guhunga ingo zabo.

Lawrence Kanyuka, umuvugizi wa AFC/M23 ushinzwe ibya politiki, ni we watangaje aya makuru kuri X kuri uyu wa Kane tariki ya 10 Nzeri 2026.

Yavuze ko guhera saa 05:00, ingabo za Leta ya Kinshasa n’imitwe izifasha urugamba bakajije ibitero ku bice bituwe cyane biri ku nkengero za Masisi na Walikale.

Mu duce yagaragaje harimo Ihula, Malemo, Minjenje, Kibati no mu nkengero zatwo. Yavuze ko imirwano yari igikomeje mu gihe yandikaga ubwo butumwa, ndetse ko yari imaze gutuma abaturage benshi bava mu byabo, bagasiga amazu n’ibintu byabo kugira ngo bahunge ibitero.

Kanyuka kandi yavuze ko ahagana saa 07:00, izo ngabo zagabye igitero kuri Buhimba no mu nkengero zayo, muri Teritwari ya Masisi.

Yavuze ko icyo gitero cyari kiyobowe n’ingabo zo ku butaka, zifashishije za mortier za milimetero 82 ndetse n’imbunda za mitrailleuse za milimetero 12,7.

AFC/M23 ivuga ko ibi bitero byateje umutekano muke muri ako gace ndetse bigatuma ibikorwa by’ubutabazi bigorana.

Kanyuka yavuze ko imiryango itanga ubutabazi n’abakozi bayo bafite ingorane zo kugera ku baturage bugarijwe n’ingaruka z’imirwano, kubera umutekano muke uri mu bice byibasiwe.

AFC/M23 kandi yongeye gushinja ingabo zishyigikiye ubutegetsi bwa Kinshasa kwica abaturage b’Abanye-Congo, ivuga ko ihangayikishijwe n’ibyo yise ubwicanyi bukomeje gukorerwa abaturage.

Kanyuka yavuze ko AFC/M23 ikomeje kwiyemeza kurinda abaturage no kubarinda ibitero, avuga ko izakoresha uburyo bwose bukenewe kugira ngo ibigereho.

Aya makuru yatangajwe na AFC/M23 mu gihe imirwano ikomeje kuvugwa mu bice bya Masisi na Walikale, aho impande zihanganye zimaze iminsi zirasanira ku birindiro n’uduce dutandukanye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply