MASISI CENN

Masisi: Iminsi itatu irashize rwambikanye hagati ya FARDC na AFC/M23 muri Mahanga

Sangiza iyi nkuru

Imirwano hagati y’abarwanyi ba AFC/M23 n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), zifashijwe n’inyeshyamba za Wazalendo, FDNB, FDLR n’abacanshuro, yakomereje, kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 11 Nzeri 2026, i Mahanga mu gace ka Butsike, muri Groupement ya Nyamaboko ya 1 (muri Teritwari ya Masisi), muri Kivu y’Amajyaruguru.

Imirwano yongeye kubura kare mu gitondo ku munsi wa gatatu wikurikiranya hafi y’aka gace, gafatwa nk’ak’ingenzi mu rwego rwa gisirikare mu Murenge wa Osso Banyungu. Kuva ku wa Gatatu, ingabo za Leta n’abarwanyi ba Wazalendo bagiye bagerageza kwirukana inyeshyamba za AFC/M23 zigenzura ako gace ariko biranga.

Imirindi y’imbunda nto n’iziremereye irumvikana mu bice bitandukanye by’aho imirwano ibera, uko ibintu byifashe ubu bikaba bikomeje gutuma abaturage baho bagira impungenge zikomeye.

Iyi nkuru dukesha ACTUALITE.CD ivuga ko kugeza ubu ibintu bikiri urujijo muri Mahanga no mu bice bihegereye kubera imirwano ikomeje hagati y’impande zombi.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply