Katungi Michael Mpeirwe, uwahoze ari umusirikare wa Uganda uri mu kiruhuko cy’izabukuru, arashinjwa n’abayobozi ba Amerika gutanga intwaro zo mu rwego rwa gisirikare ku itsinda rya Jalisco New Generation Cartel, umwe mu mitwe y’abagizi ba nabi irangwa n’urugomo kandi ikora cyane muri Mexico. Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ashobora gufungwa hagati y’imyaka 10 na burundu.
Colonel (Rtd) Katungi Michael Mpeirwe, wari umuntu wa hafi w’umuhungu wa Perezida wa Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yashyikirijwe abayobozi ba Amerika ku wa Gatandatu, itariki ya 12 Nzeri, kandi kuva icyo gihe yoherejwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nk’uko umuyobozi w’ishami rishinzwe imfungwa muri Uganda yabitangarije AFP.
Katungi Michael Mpeirwe ashinjwa kuba yarafatanyije n’abagabo batatu, Umunya-Bulgaria, Umunyakenya, n’Umutanzaniya, mu gushaka intwaro za gisirikare zirimo imbunda za rutura, zirimo za machine guns, imbunda zirasa roketi, ibisasu bya mine, ibisasu bya missile bihanura indege, n’indege zitagira abapilote.
Igihano gishobora kugera ku gifungo cya burundu
Nk’uko ikirego kibivuga, Katungi yinjijwe muri ibi bikorwa n’uwo bareganwa wo muri Kenya, hanyuma na we azanamo undi mugenzi wabo wo muri Tanzaniya. Ku bijyanye n’umuhuzabikorwa wabo, Peter Dimitrov Mirchev, ukomoka muri Bulgaria, bivugwa ko yigeze gukorana ubucuruzi n’umucuruzi w’intwaro w’Umurusiya witwa Viktor Bout.
Muri Uganda, Katungi Michael Mpeirwe yari azwiho kugirana umubano wa hafi n’umuhungu wa Perezida Museveni, Muhoozi Kainerugaba; ndetse Kainerugaba yari yamushyize mu nama nkuru y’umutwe we (MK Movement) mbere yo kumwirukana nyuma y’uko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zisohoye inyandiko zimushinja ibyaha.
Nyuma yo gutabwa muri yombi i Kampala mu mpera za Kamena, ubutegetsi bwa Uganda bwatangaje mu mpera za Kanama ko agiye koherezwa muri Amerika kugira ngo akurikiranwe n’ubutabera. Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Katungi Michael Mpeirwe azaburanishirizwa mu rukiko rwo muri Leta ya Virginia, aho aramutse ahamijwe ibyaha, ashobora gukatirwa igihano cy’igifungo cy’imyaka nibura 10, ndetse kikaba cyagera no ku gifungo cya burundu.


