Umusirikare wo mu ngabo z’Amerika zirwanira mu kirere yavuze ukuntu yahanantutse akagwa ku butaka ari mu mutaka wangiritse, nyuma yuko indege y’intambara ye yari yahanuriwe hejuru ya Iran, bituma haba igikorwa cya gisirikare giteje akaga cyo kumutabara.
Uwo mupilote, utatangajwe izina mu kiganiro cyitwa 60 Minutes cy’igitangazamakuru CBS News cyo muri Amerika, yagize ati: “Hari aho byageze, ndebye hejuru mbona nta mutaka uhari, icyo ni cyo kintu cya mbere giteye ubwoba cyane nigeze mbona.”
Icyo kiganiro, cyatangajwe ku cyumweru, ni yo nshuro ya mbere umwe mu bapilote b’iyo ndege avuze ku kigeragezo bahuye na cyo nyuma y’ibyabereye mu kirere cya Iran.
Abo basirikare babiri b’Amerika basohotse muri iyo ndege yangiritse, baratandukana, nuko biba ngombwa ko bahunga ingabo za Iran mu gihe bari bagitegereje gutabwa n’abasirikare bo mu mutwe wihariye wo mu ngabo z’Amerika.
Uwo mupilote, wiswe Bravo muri icyo kiganiro na CBS, yagize ati: “Guhanantuka ni uburyo bwo kubivuga mu kinyabupfura.”
Yagize ati: “Sinari ndimo kwibanda ku muvuduko nari ndimo kugwaho. Ahubwo nari ndimo kwibanda ku kugerageza gukosora ibibazo byari biri imbere yanjye no gukora icyo ari cyo cyose nashoboraga kugira ngo mfungure cyangwa kugira ngo nkwege umutaka.”
Yavuze ko kurokoka kwe ari “igitangaza” nubwo yavunitse umugongo, urutugu n’ukuboko. Yavuze ko umuvuduko yari ariho ubwo yituraga hasi wari uri hagati ya kilometero 113 na kilometero 161 ku isaha.
Undi mupilote w’Amerika wahanuwe, wiswe Alpha, yanze kugirana ikiganiro na CBS.
Iyo ndege y’intambara y’Amerika yo mu bwoko bwa F-15E, irimo ibyicaro bibiri, igura miliyoni 30 z’amadolari y’Amerika (angana na miliyari 44 FRW), yahanuwe na misile irasirwa ku rutugu, igura amadolari 100,000 y’Amerika (angana na miliyoni 147 FRW), nkuko bitangazwa n’igitangazamakuru CBS, gikorana na BBC muri Amerika.
Bravo yavuze ko nubwo yari afite ibikomere, yazamutse n’amaguru ahantu haterera, yurira hejuru ku gasongero k’umusozi, aho hose yanyuraga avuga ko yari afite ubwoba bw’ingabo za Iran.
Yagize ati: “Ntuzigere na rimwe utuma kutagira umwete bituma ugaragara kuri televiziyo ya Iran.”
Minisitiri w’ingabo w’Amerika Pete Hegseth yavuze ko Alpha yatabawe mu gihe kitarenze amasaha atandatu, mu gikorwa cya gisirikare cyabayemo imirwano ikaze.
Hegseth yagize ati: “Yari imirwano y’imbunda mu rugendo rwose rwo kuhagera no mu rugendo rwose rwo kuhava.” Yongeyeho ati: “Ariko bagaruye Alpha.”
Bravo yatabawe nyuma y’amasaha 48 ari mu gice kigenzurwa n’umwanzi.
Iyi ntambara ya Iran na Amerika ubu igeze mu kwezi kwayo kwa karindwi gusa abaturage b’Amerika bakomeje kuyamagana kuko basanga nta shingiro ifite. Ni mu gihe iki gihugu cyerekeje mu bikorwa byo kwiyamamaza mbere yuko haba amatora yo hagati muri manda ku bagize inteko ishingamategeko, azaba mu Gushyingo 2026.


