field_25075_26091219473182931-9a284

Ukwirara kw’abakinnyi ba Rayon Sports

Sangiza iyi nkuru

Umutoza wa Rayon Sports, Haringingo Francis, yavuze ko umunaniro ndetse no kuba bamwe mu bakinnyi bashobora kuba baratangiye kwirara biri mu mpamvu iyi kipe itangiye kugira ikibazo cyo gutsinda ibitego, nubwo yakomeje mu cyiciro gikurikiraho cya CAF Confederation Cup.

Rayon Sports yatangiye neza uyu mwaka w’imikino, itsinda imikino myinshi ya gicuti ndetse initwara neza muri CECAFA Kagame Cup, ari na ho yegukanye igikombe nyuma y’imyaka 28.

Icyakora, mu mikino itatu iheruka, Gikundiro ntiyabashije kubona intsinzi. Yatsinzwe na Police FC kuri penaliti muri FERWAFA Super Cup, mbere yo kunganya imikino yombi yakinnye na Panthère Sportive du Ndé muri CAF Confederation Cup.

Mu mukino ubanza wabereye muri Cameroun, Rayon Sports yanganyije na Panthère igitego 1-1, mbere yo kunganyiriza i Kigali 0-0. Igitego cya Junior Kameni cyabonetse i Yaoundé ni cyo cyatumye Rayon Sports ikomeza.

Ibi byatumye havuka impaka ku mpinduka zikwiye gukorwa mu ikipe, cyane cyane ku bakinnyi babanza mu kibuga. Muhoza Daniel ni umwe mu bavugwa cyane, kuko amaze iminsi yinjira asimbuye akagira uruhare mu guhindura imikinire ya Rayon Sports.

Haringingo yavuze ko guhitamo abakinnyi babanza mu kibuga biterwa n’imiterere ya buri mukino, bityo ko hari umukinnyi ushobora kubanza mu kibuga undi agasigara ku ntebe.

Ku bijyanye no kugabanuka kw’ibitego, uyu mutoza yavuze ko gahunda nyinshi ikipe yagize mu ntangiriro z’umwaka, zirimo CECAFA, FERWAFA Super Cup ndetse n’urugendo rwo muri Cameroun, zishobora kuba zaragize uruhare mu kunaniza abakinnyi.

Yongeyeho ko no kwirara kw’abakinnyi kubigiramo uruhare, ariko ngo ikipe igomba gukomeza kubikosora.

Rayon Sports ubu irimo kwitegura gutangira Shampiyona y’u Rwanda, aho izakina na Sunrise FC ku wa 17 Nzeri 2026.

Mu mikino ya CAF Confederation Cup, Rayon Sports izahura na FC Black Bulls yo muri Mozambique mu ijonjora rya kabiri rizakinwa mu Kwakira.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply