AFP__20250314__372D7V2__v2__HighRes__NetherlandsPhilippinesCourtIccDuterte-1741964468

ICC: Rodrigo Duterte wahoze ari Perezida wa Philippines yagaragaye bwa mbere imbere y’abacamanza

Sangiza iyi nkuru

Rodrigo Duterte, wahoze ari Perezida wa Philippines, yagaragaye bwa mbere imbere y’abacamanza mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) mu iburanisha ry’ibanze kuri uyu wa Gatatu.

Uyu mugabo w’imyaka 81 akurikiranweho ibyaha byibasiye inyokomuntu bijyanye n’ubwicanyi bwinshi bwakozwe mu gihe cy’ “intambara ye yo kurwanya ibiyobyabwenge” akiri ku butegetsi.

Duterte, wabaye perezida kuva mu 2016 kugeza 2022, arahakana ibyo birego.

Itsinda ry’abanyamategeko bunganira Duterte ryavuze ko afite ubuzima bwe bumeze nabi, ariko abacamanza b’urukiko banzuye muri Mutarama ko ameze neza ku buryo iburanisha ryakomeza kandi basaba ko yagaragara mu rukiko.

Uwahoze ari perezida ” afite ibibazo bikomeye byo kwibagirwa, bituma adashobora gufata mu mutwe amakuru mashya cyangwa ngo yibuke ibintu neza,” nk’uko byatangajwe n’abanyamategeko be nk’uko bitangazwa na Deutsche Welle.

Hagati aho, ubushinjacyaha bwavuze ko Duterte “yari afite ubushobozi bwo gukoresha uburenganzira bwe bwo kuburanishwa no guhabwa ubutabera, kandi ko afite ubushobozi bwo kuburanishwa.”

Rodrigo Duterte ashinjwa ibyaha byibasiye inyokomuntu byakozwe hagati ya 2011 na 2019, mbere ubwo yari Umuyobozi w'Umujyi wa Davao wo mu majyepfo y'igihugu ndetse n'ibyakozwe ari Perezida wa Philippines.
Abashinjacyaha bavuga ko ari we nyirabayaza w'impfu z'abantu bagera ku 30.000, benshi muri bo bakaba barishwe mu gihe cy'ibitero byo "kurwanya ibiyobyabwenge".

Urubanza mu mizi rwa Duterte ruteganijwe mu Gushyingo uyu mwaka.
Mu iburanisha ry'ibanze ryo kuri uyu wa Gatatu, abacamanza bagombaga kumva ingingo zirebana n'ubuzima bwe no gufata icyemezo niba afite ubushobozi bwo mu mutwe bwo kuburana.
 
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply