20251216b752b4c71a7646bbacde3816f9bb8838_CnbbeeE000006_20251216_CBMFN0A001

RDC: Inyeshyamba za Wazalendo zakamejeje mu Mujyi wa Uvira

Sangiza iyi nkuru

Umutekano wifashe nabi mu mujyi wa Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 16 Nzeri. Abaturage bavuga ko urusaku rw’amasasu rwatangiriye mu nkengero z’umujyi ahagana saa kumi n’imwe za mu gitondo (5:00 a.m.), hanyuma rukagera no mu duce dutandukanye tw’umujyi wa Uvira nyuma gato ya saa moya za mu gitondo (7:00 a.m.).

Amakuru agaragaza ko amasasu yumvikanye mu duce twa Kavimvira, Kasenga, Kalundu, Mulongwe, Kimanga, Nyamianda n’ahandi. Umunyeshuri umwe nibura biravugwa yishwe n’amasasu muri icyo gitondo.

Umwe mu bantu bo muri sosiyete sivile yabwiye ACTUALITE.CD ati: “Umunyeshuri wo mu mwaka wa kane ku ishuri ribanza rya Umoja riherereye i Kamongola yarashwe arapfa ubwo yari i Kalundu.”

Amashuri menshi yasubije abanyeshuri mu ngo zabo, ibikorwa by’ubucuruzi byahungabanye, ndetse n’ingendo zihuza Bukavu, Uvira n’ahandi zirahagarikwa.

Amakuru menshi agaragaza ko uku guhungabana kw’umutekano guterwa n’uburakari bw’itsinda rya Wazalendo nyuma y’uko ingabo za leta (FARDC) zifashe umwe mu bagize iryo tsinda ku wa 5 Nzeri. Impamvu z’ifatwa rye ntiziramenyekana, gusa abaturage bavuze ko ku wa Kabiri mu mujyi wose hari hakwirakwijwe impapuro zisaba ko arekurwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply