3582

Mecca: Arabia Saoudite irashinja inyeshyamba z’Aba-Houthi kugaba igitero ku mujyi mutagatifu

Sangiza iyi nkuru

Arabia Saoudite yatangaje kuri uyu wa Gatatu ko ingabo zayo zo mu kirere zarashe indege itagira umuderevu bivugwa ko yoherejwe n’inyeshyamba z’Aba-Houthi zo muri Yemen zishyigikiwe na Iran, mbere y’uko iyo ndege yinjira mu kirere kibujijwe hejuru y’umujyi mutagatifu ku idini ya islam wa Mecca.

Aba-Houthi bahakanye kwibasira uwo mujyi, ari nawo uberamo urugendo rutagatifu ngarukamwaka rw’abayisilamu ruzwi nka Hijja.

Ibirego byatangajwe n’ubuyobozi bw’ihuriro ry’ingabo riyobowe na Arabia Saoudite. Ishyirahamwe mpuzamahanga ryashinzwe mu 2015 ryacitsemo ibice byinshi, risiga ibikorwa bya gisirikare bikorwa ubu biba byiganjemo Arabia Saoudite n’Ingabo za Yemeni zishyigikiwe na Arabia Saoudite.

Umuvugizi w’iri huriro, Turki al-Maliki, yavuze ko umutekano wa Mecca n’abayisura ari “umurongo utukura” kandi aburira ko ubuyobozi bw’ingabo bufata “ingamba zikenewe zigamije gukumira.”

Nk’uko itangazo ribivuga, Igisirikare cyo mu Kirere cya Arabia Saoudite, cyabonye kandi gisenya drone y’intambara “yoherejwe n’umutwe w’iterabwoba w’Aba-Houthi.”

Arabia Saoudite yari yatanze umuburo kuwa Kabiri ivuga ko ibitero bishobora kugabwa i Mecca no mu karere k’amajyepfo y’ubwami gahana imbibi na Yemen.

Aba-Houthi bavuga iki kuri ibyo birego?

Aba-Houthi bihutiye kwamagana ibivugwa n’ihuriro riyobowe na Arabia Saoudite bavuga ko ari “ikinyoma.”

Hazem al-Assad, umwe mu bagize umutwe w’Aba-Houthi, yanditse kuri X ati: “Ibirego byo gutera Mecca ni ikinyoma cyakoreshejwe mbere kandi nta muntu bigishuka.”

Minisitiri w’Intebe wa Pakistan, Shehbaz Sharif, yamaganye “mu buryo bukomeye igitero cyose cy’ubugome cyagabwa i Mecca.”

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply