2020-11-09T150423Z_1094198680_RC2RZJ9TIWLO_RTRMADP_3_WARCRIMES-KOSOVO-THACI

La Haye: Hashim Thaci wahoze ari Perezida wa Kosovo yakatiwe imyaka 25 y’igifungo

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari Perezida wa Kosovo, Hashim Thaci, yakatiwe igifungo cy’imyaka 25 nyuma yo guhamwa n’ibyaha by’intambara.

Mu rubanza rwabereye i La Haye kuri uyu wa Gatatu, uyu mugabo w’imyaka 58 yakatiwe kubera ibyaha byakozwe mu gihe cy’intambara yo kwibohora kwa Kosovo irwanya Serbia mu myaka ya za 1990, aho abantu barenga ibihumbi 10 bahasize ubuzima.

Yahamwe n’ibyaha birimo ubwicanyi, gufunga abantu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, iyicarubozo n’ihohotera rikabije, nyuma y’urubanza rwamaze imyaka itatu. Hari n’ibindi birego byinshi yashinjwaga bitabashije kugaragarizwa ibimenyetso.

Thaci yari umwe mu bashinze akaba n’umuyobozi w’Ingabo ziharanira kwibohora kwa Kosovo (Kosovo Liberation Army), umutwe warwaniraga ubwigenge, ndetse Hashim Thaci akaba afatwa nk’intwari muri Kosovo.

Yashinjwaga kwica abantu bagera ku 100 no gukora ibindi bikorwa by’agahomamunwa birimo gutuma abantu baburirwa irengero ku gahato nk’uko inkuru dukesha BBC ivuga.

Thaci yari ahagaze mu rukiko hamwe n’abandi bayobozi batatu bakuru ba KLA na bo bashinjwaga ibyaha nk’ibyo nk’uko inkuru dukesha BBC ivuga.

Kosovo Liberation Army (KLA) yashinzwe mu ntangiriro z’imyaka ya za 1990 nk’umutwe w’abarwanyi b’Abanyalubaniya (Albanians) mu gace icyo gihe kari intara ya Serbia, kandi bivugwa ko mu gihe cy’intambara uyu mutwe wagabye ibitero ku baturage bo mu bwoko bw’Abaserbe (Serbs) bari bake muri ako gace.

Thaci yabaye Minisitiri w’Intebe wa mbere wa Kosovo ubwo yabonaga ubwigenge mu 2008. Nyuma yaje kuba Perezida ariko yegura ku mirimo ye mu 2020 kugira ngo yitabe urukiko i La Haye aho yaregwaga ibyaha bitandukanye.

Abantu ibihumbi n’ibihumbi bateraniye muri Kosovo barebera hamwe imyanzuro y’urukiko kuri za ecran nini.

Mu murwa mukuru, Pristina, amafoto n’amashusho byagaragaje abantu barira ubwo bamenyaga umwanzuro w’urukiko.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply