Causes-of-Childhood-Obesity-feature

Babyeyi, muri kwiyicira abana mubyita “imikino”

Sangiza iyi nkuru

Ababyeyi bamwe bashobora kuba batabizi, ariko ibyo baha abana nk’imitobe irimo isukari, ibisuguti, bombo n’ibindi biribwa bitunganyirijwe mu nganda, bishobora kugira ingaruka zikomeye ku buzima bwabo iyo bibaye akamenyero ka buri munsi.

Inkuru yakozwe na PUNCH Healthwise igaragaza ko uburyo bamwe mu babyeyi bahitamo ibyo kurya n’ibyo kunywa baha abana, cyane cyane kubera kuborohereza cyangwa kubashimisha, bushobora kongera ibyago byo kugira umubyibuho ukabije n’indwara ya diyabete.

Ababyeyi bamwe batanga imitobe irimo isukara nyinshi ku bana kugira ngo batarira, batababuza amahoro cyangwa bashaka gukomeza gukora imirimo yabo. Abandi babishyira mu dusanduku tw’ibiryo abana bajyana ku ishuri, rimwe na rimwe buri munsi.

Umwe mu babyeyi wavuzwe muri iyo nkuru yavuze ko umwana we w’amezi 18 ashobora kunywa udupaki dutandatu tw’umutobe w’abana ku munsi umwe. Uwo mubyeyi yavuze ko umutobe yawuhaga umwana iyo yabaga atuje cyangwa ashaka ko akomeza imirimo ye.

Ikibazo ni uko ibyo biribwa n’ibinyobwa bishobora gutuma umwana atangira kwanga amafunguro asanzwe, ahubwo akifuza ibisuguti, bombo n’imitobe birimo isukari.

Impuguke mu buzima bw’abana ziburira ko iyo abana bamenyereye ibiryo birimo isukari nyinshi kuva bakiri bato, bishobora gutuma imibiri yabo imenyera isukari, bakarushaho kwifuza ibyo kurya no kunywa biryohereye.

Prof. Aishatu Gobir, inzobere mu kuvura abana, yavuze ko ibinyobwa n’ibiribwa byinshi bigurishwa bishobora kuba birimo isukari nyinshi, kandi kubiha abana kenshi bishobora kongera ibyago byo kugira umubyibuho ukabije na diyabete.

Yasobanuye kandi ko abana bakunda ibyo bamenyereye kurya. Iyo umwana ahora ahabwa ibiryo birimo isukari, bishobora gutuma adakunda imbuto n’imboga, kandi ibyo bikaba bishobora kugira ingaruka ku mirire ye.

Undi muganga w’abana, Dr Ayodele Renner, na we yavuze ko ku bana bato cyane, cyane cyane abatarengeje imyaka ibiri, uburyo bwizewe ari ukwirinda ibiribwa n’ibinyobwa birimo isukari yo mu nganda.

Yavuze ko gutangiza abana ibiryo birimo isukari hakiri kare bishobora guhindura uburyohe bakunda, bigatuma bakurira ku cyifuzo cyo kurya ibintu biryohereye.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) rirasaba kugabanya isukari yongerwa mu biribwa n’ibinyobwa, kuko kuyikoresha cyane bifitanye isano n’umubyibuho ukabije ndetse n’indwara z’amenyo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply