WhatsApp-Image-2024-11-19-at-17.19.23-2-2560x1280

UPDF yahagaritse imikoranire yose ya gisirikare na Türkiye

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Uganda (UPDF), cyatangaje ko gihagaritse by’ako kanya imikoranire yose ya gisirikare n’umutekano cyari gifitanye na Türkiye, kuko hari ibibazo bitarakemuka hagati y’ibihugu byombi.

Umuvugizi w’agateganyo wa UPDF, Col. Chris Magezi, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 Nzeri yatangaje ko “Ingabo za Uganda zahagaritse by’ako kanya imikoranire iyo ari yo yose mu bya gisirikare na Repubulika ya Türkiye. Iki cyemezo kizakomeza kubahirizwa kugeza igihe ibibazo bisigaye bya gisirikare ku mpande zombi n’imikoranire ya gisirikare hagati y’ibihugu byombi bizaba bikemutse.”

UPDF ntiyatangaje ibyo bibazo byihariye, ariko iki cyemezo gikurikiye igihe umubano wa Kampala na Ankara wari umaze kuzamo amakimbirane.

Kimwe mu bibazo bikomeye ni Fred Kajubi Lumbuye, Umunya-Uganda utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kampala uba muri Türkiye.

Ku wa 18 Nzeri, abashyigikiye Patriotic League of Uganda (PLU), umutwe ushyigikiye Umugaba Mukuru w’Ingabo, Gen. Muhoozi Kainerugaba, bakoze imyigaragambyo imbere ya Ambasade ya Türkiye i Kampala, basaba ko Lumbuye asubizwa Uganda.

Ikindi kibazo ni Somalia, aho Uganda imaze imyaka ifite ingabo mu bikorwa byo kurwanya Al-Shabaab.

Gen. Muhoozi Kainerugaba yagiye anenga uruhare rwa Türkiye muri Somalia, avuga ko Uganda imaze igihe itanga umusanzu mu mutekano w’icyo gihugu mu gihe Türkiye ikomeje kuhagurira ibikorwa by’umutekano n’ubucuruzi.

Muhoozi yanigeze gusaba Türkiye miliyari imwe y’amadolari yise ay’inyungu y’umutekano, kubera uruhare rwa Uganda muri Somalia.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply