Aba Kardashians bazwi cyane muri USA

Ikiganiro “Keeping Up With The Kardashians” mu marembera ku mpamvu z’umuryango

Sangiza iyi nkuru

Umunyamideli w’icyamamare Kim Kadashian yatunguye abakunzi be avuga ko bagiye guhagarika ikiganiro “ Keeping Up With The Kardashians” cyari kimaze imyaka irenga 14 gica ku mateleviziyo anyuranye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Aba Kardashians bazwi cyane muri USA
Aba Kardashians bazwi cyane muri USA

Keeping Up With The Kardashians ni ikiganiro cyihariye kivuga ku muryango wa Jenner Kris ubusanzwe uzwi nka The Kardashians cyatangiye guca ku mateleviziyo anyuranye ku wa 14 Ukwakira 2007. Kivuga ku buzima bwite bw’abagize uyu muryango. Abakora muri iki kiganiro ni Kloe Kardashian na Kim Kardashian West.

Ku wa 8 Nzeri 2020 ni bwo Kim Kardashian abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram yatangaje ko iki kiganiro gisanzwe gikorwa mu buryo bw’uruhererekane kigiye kugera ku musozo nk’uko we n’abagize umuryango we babyumvikanyeho.

Yagize ati: “Nyuma y’imyaka 14 mureba ikiganiro cyacu ntawe utabashimira ibihe byiza twagiranye kandi ibihe byiza twagiranye ubwo twabasangizaga ubuzima bwacu rimwe na rimwe bwabaga bukomeye tuzahora tubizirikana”

Inkuru ya CNN ivuga uko ubu butumwa bwandikwa Kim Kardashian yari kumwe n’umuryango we wose ndetse ku baruwa bafite ikaba yasinweho n’abagize umuryango bose harimo: Kris Jenner, Kourtney Kardashian, Kim Kardashian West, Khloé Kardashian, Rob Kardashian, Kendall Jenner, Kylie Jenner na Scott Disick.

Kim Kardashian we ubwe yivugiye ko iyo bitaba ikiganiro Keeping Up With Kardashians ataba ageze aho ari ubu. Iki kiganiro kandi cyagize uruhare rukomeye mu bwamamare bw’umuryango w’aba Kardashians.

Biteganyijwe ko agace ka nyuma k’iki kiganiro kazasohoka ku wa 17 Nzeri 2021.

kada.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *