_114305007_hi063249830.jpg

Amafoto: Ibihumbi n’ibihumbi by’abimukira bandagaye ku gasozi nyuma y’inkongi yibasiye inkambi yabo

Sangiza iyi nkuru

Abimukira n’impunzi ibihumbi n’ibihumbi baraye ku gasozi ku kirwa cya Lesbos cyo mu Bugereki mu ijoro rya kabiri nyuma y’umuriro wibasiye Inkambi ya Moria, nini y’iki gihugu, bigatuma imbaga y’abantu bahunga ariko ntaho berekeza.

Imiryango yaraye ku mihanda, indi muri parikingi ya supermarket no mu mirima yo hakurya y’ikirwa, yari ku isonga ry’ibibazo by’abimukira b’i Burayi mu 2015-2016.

_114305007_hi063249830.jpg

Muri iyo nkambi hari abantu bagera ku 13.000.

Ku wa kabiri nijoro, inkongi y’umuriro yatumye abantu ibihumbi bahunga batabara ubuzima bwabo, bagabanyuka muri iyi nkambi.

89a8298c0eeb416cb6fd9d9f7d1f3d46_18.jpg

Inkongi ya kabiri yadutse mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, yatsembye bike byari bisigaye nk’uko iyi nkuru dukesha Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ikomeza ivuga.

_114309961_635601d8-ed68-431c-a82f-7a365e441ff1.jpg

Imiryango yihebye, benshi bafite abana bato, baraye kuri uyu wa Gatatu ku karubanda, bamwe badafite amahema cyangwa uburiri. Bamwe bakoze urugendo berekeza mu midugudu yegeranye kugira ngo babone amazi n’ibindi bikoresho.

d538adb26730494a93e0917ac0c6e6c5_18.jpg

Biravugwa ko hitabajwe ingufu za polisi kugira ngo impunzi n’abimukira batagera mu mujyi mukuru wo kuri iki kirwa witwa Mytilene, babaheza mu mirima no ku mihanda.

Umwana w’Umunyekongo w’imyaka umunani witwa Valencia, wari wambaye ibirenge, yaciriye isiri umunyamakuru wa Reuters amubwira ko ashonje amusaba ibisuguti.

Ati: “Inzu yacu yarahiye, inkweto zanjye zirashya, nta biryo dufite, nta mazi.”
We na nyina, Natzy Malala w’imyaka 30, ufite umwana w’uruhinja, bari baryamye iruhande rw’umuhanda.

Natzy Malala ati: “Nta biryo, nta n’amata y’umwana.”

d4cc4b562728489b91bdd1bea5922117_18.jpg

Abayobozi bakaba batangaje amezi ane y’ibihe bidasanzwe ku Kirwa cya Lesbos maze bahohereza abapolisi b’inyongera.

Minisiteri ishinzwe abinjira n’abasohoka ikaba yavuze ko iza gufata “ingamba zose zikenewe” kugira ngo amatsinda n’imiryango itishoboye babone aho kuba, ariko hakaba hanitezwe bishobora gukomwa mu nkokora n’abaturage.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *