arton139542-ca6d8.png

Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF

Sangiza iyi nkuru

Ingwe yateye urugo ruherereye mu mudugudu w’Agakera, Akagari ka Rango A, Umurenge wa Mukura w’Akarere ka Huye, abari mu nzu bose uko ari barindwi batinya gusohoka.

Amakuru aturuka muri bamwe mu batuye muri uyu mudugudu yageze kuri Bwiza.com avuga ko iyi nyamaswa y’inkazi yari yabayobeye yageze kuri uru rugo mu masaha y’ijoro.

Hari abavuga ko atari inshuro ya mbere ingwe igera muri uyu mudugudu, kuko ngo n’ubusanzwe yazaga, igasubirayo ntawe ihungabanyirije umutekano. Gusa ariko ngo ntibisanzwe kuyibona iza ikaryama hafi y’inzu mu igihe kingana gitya yanze kuhava.

Umwana umwe mu bagize uyu muryango w’urugo ingwe yateye ngo yasohotse arayibona, maze n’ubwoba bwinshi asubira mu nzu, abibwira abandi, bahita bifungirana kugeza mu masaha arenga saa saba z’amanywa y’uyu wa 11 Nzeri 2020.

Aba baturage bakeka ko iyi nyamaswa yaba yaturutse mu ishyamba ry’iriterano rya Kaminuza y’u Rwanda riri mu bilometero bike uvuye mu midugudu w’Agakera.

Inzego z’ubuyobozi n’abashinzwe umutekano barimo abapolisi n’abasirikare ba RDF batabaye uyu muryango, barasa iyi nyamaswa hafi saa munani z’amanywa.

Meya w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange yatangaje ko ubu butabazi bwatanzwe nyuma y’aho nyir’uru rugo rwatewe n’iyi nyamaswa abimenyesheje ubuyobozi.

Nyuma y’aho kuraswa, abaturage bahuruye bajya kureba iyo nyamaswa yari yababujije amahwemo gusa ntiyahatinze kuko yahise ivanwa aho ngaho n’abapolisi.

arton139542-ca6d8.png Iyi foto yafashwe mbere y’uko iyi nyamaswa (igaragara mu kaziga) iraswa

img-20200911-wa0019.jpg

img-20200911-wa0017.jpg

img-20200911-wa0016.jpg

img-20200911-wa0014.jpg

img-20200911-wa0012.jpg

Amafoto: Biregeya Justin

Soma Izindi Nkuru

m_irene17-ba00e

M Irene yarongoye

August 15, 2026

70 Responses

  1. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Ibyo bintu biteye u bwoba pe ahubwo abantu baho babe maso hataba har nizind nyinshi batarabon zikazabagirira nabi

  2. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Ibyo bintu biteye u bwoba pe ahubwo abantu baho babe maso hataba har nizind nyinshi batarabon zikazabagirira nabi

  3. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Imana ifashe uwo muryango.

  4. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Imana ifashe uwo muryango.

  5. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Iyi Nyamaswa ntabwo yagombaga kuba yishwe. Hari kwitabazwa abaganga b’amatungo, RDB ndetse na REMA bakayirasa imiti isinziriza then ikajyanwa muri Park. Yahohotewe cyane ko yo yari yiturije ntawe yakuye.

  6. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Iyi Nyamaswa ntabwo yagombaga kuba yishwe. Hari kwitabazwa abaganga b’amatungo, RDB ndetse na REMA bakayirasa imiti isinziriza then ikajyanwa muri Park. Yahohotewe cyane ko yo yari yiturije ntawe yakuye.

  7. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Ntabwo barikuyirasa kuko ntamuntu yariye.ikindi nayo buriya icyagaragaraga nuko yahageze ihunga.

  8. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Ntabwo barikuyirasa kuko ntamuntu yariye.ikindi nayo buriya icyagaragaraga nuko yahageze ihunga.

  9. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Rwose bayihohoteye kuko yahageze ihunga kuko ntamuntu yahohoteye rwose pe ahubwo imana iyifashe ntipfe rwose

  10. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Rwose bayihohoteye kuko yahageze ihunga kuko ntamuntu yahohoteye rwose pe ahubwo imana iyifashe ntipfe rwose

  11. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Yeah this is not good way to treat animal the police have to catch it and keep course us we see it doesn’t attack anyone that why they have take care of it too

  12. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Yeah this is not good way to treat animal the police have to catch it and keep course us we see it doesn’t attack anyone that why they have take care of it too

  13. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Hi thanks to the police for the good job but it’s not good to kill this little tiger course us we see it doesn’t attack or hurt anyone that why u can also treat it in good way please dont do it again

  14. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Hi thanks to the police for the good job but it’s not good to kill this little tiger course us we see it doesn’t attack or hurt anyone that why u can also treat it in good way please dont do it again

  15. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Nukuri pe bayihohoteye kuko ntamuntu yahohoteye rwose nayo yari yihishe imana idufashe ntipfe pe

  16. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Nukuri pe bayihohoteye kuko ntamuntu yahohoteye rwose nayo yari yihishe imana idufashe ntipfe pe

  17. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Iriya nyamaswa ntabwo ari ingwe ahubwo ni igisamagwe cybigitarangwe gusa biri mu muryango umwe

  18. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Iriya nyamaswa ntabwo ari ingwe ahubwo ni igisamagwe cybigitarangwe gusa biri mu muryango umwe

  19. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Iriya nyamaswa ntabwo ari ingwe ahubwo ni igisamagwe cybigitarangwe gusa biri mu muryango umwe

  20. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Iriya nyamaswa ntabwo ari ingwe ahubwo ni igisamagwe cybigitarangwe gusa biri mu muryango umwe

  21. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Wowe uvuga ngo iyi nyamaswa yahohotewe nuko itateye iwawe, nibura wari warebana nayo mumaso? Ikizabikubwira nuko uyu muryango watewe nta muntu mubawugize uzongera kujya hanze ninjoro kugeza ashaje.

  22. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Wowe uvuga ngo iyi nyamaswa yahohotewe nuko itateye iwawe, nibura wari warebana nayo mumaso? Ikizabikubwira nuko uyu muryango watewe nta muntu mubawugize uzongera kujya hanze ninjoro kugeza ashaje.

  23. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    bafatirane kandi bacunge umutekano kuko wasanga hari nizindi kandi babe maso

  24. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    bafatirane kandi bacunge umutekano kuko wasanga hari nizindi kandi babe maso

  25. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Ibyo ntiwari kubivuga iyo iba iri iwawe ! Iwawe harya iyo uhabonye inzoka yo kugasaozi ni kangahe wahamagaye abo baganga NARDB ?

  26. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Ibyo ntiwari kubivuga iyo iba iri iwawe ! Iwawe harya iyo uhabonye inzoka yo kugasaozi ni kangahe wahamagaye abo baganga NARDB ?

  27. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Ariko mwagiye mureka ukubeshya abantu! Buriya kiriya photo mwatangije iyi nkuru yanyu ni iy’ingwe koko?

  28. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Ariko mwagiye mureka ukubeshya abantu! Buriya kiriya photo mwatangije iyi nkuru yanyu ni iy’ingwe koko?

  29. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Iyi nyamaswa ntiyagomba kwicwa. Iyo hashakwa uburyo bwo kuyijyana muri park. Dutanga amafr yo kuzizana ark n’inke dufite turazica. Sibyo pe
    Kdi iyi si ingwe bayita Lynx. Ni inyamaswa y’idolari.

  30. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Iyi nyamaswa ntiyagomba kwicwa. Iyo hashakwa uburyo bwo kuyijyana muri park. Dutanga amafr yo kuzizana ark n’inke dufite turazica. Sibyo pe
    Kdi iyi si ingwe bayita Lynx. Ni inyamaswa y’idolari.

  31. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Iyi nyamaswa ntiyagomba kwicwa. Hari gushakwa uburyo ijyanwa muri park. Dutanga amafr yo kuzitumiza ark n’inke dufite turazica. Iyi si ingwe ni Lynx. Ntabwo yataka abantu. Ni inyamaswa iri gucika ku Isi. Turahombye cyane.

  32. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Iyi nyamaswa ntiyagomba kwicwa. Hari gushakwa uburyo ijyanwa muri park. Dutanga amafr yo kuzitumiza ark n’inke dufite turazica. Iyi si ingwe ni Lynx. Ntabwo yataka abantu. Ni inyamaswa iri gucika ku Isi. Turahombye cyane.

  33. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Uti nyamaswa barayihohoteye. Ubu se ko nta muntu yigeze isagarira no bayihoye iki? Umva ko yakundaga kuza muri uwo mudugudu. Inyamaswa zikwiye kubungwabungwa.

  34. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Uti nyamaswa barayihohoteye. Ubu se ko nta muntu yigeze isagarira no bayihoye iki? Umva ko yakundaga kuza muri uwo mudugudu. Inyamaswa zikwiye kubungwabungwa.

  35. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Rwoc iyo nyamaswa yahohotewe pe niba yazaga ntibarye impamvu yari muri urwo rugo yari yaje kuhashakira ubuhungiro nuko ar ubwoba buri muri kamere muntu naho ubundi haba hashatswe ubundi buryo

  36. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Rwoc iyo nyamaswa yahohotewe pe niba yazaga ntibarye impamvu yari muri urwo rugo yari yaje kuhashakira ubuhungiro nuko ar ubwoba buri muri kamere muntu naho ubundi haba hashatswe ubundi buryo

  37. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Aba basirikare bakoze ikosa ryo kwihutira kurasa rwose,barayihohoteye,nanjye ndemeza ko bari kwiyambaza RDB ifite abaganga b’abahanga n’imiti yabugenewe bakoresha barikuyitera imiti bakayimurira muri Parike y’igihugu nayo ni umutungo w’igihugu.
    Ese buriya iriya ko arinyamaswa y’inkazi kandi igira umujinya cyane igakora amahano,ibaye ifite umuryango mugari zajyaga zizana zitembera ninjoro,ko tuziko zihunahuna zikamenya icyerekezo yaguyemo,zikagaba igitero muri uwo mudugudu muri urwo rugo bazikizwa n’iki ko n’inzu zayiharagata zikayigusha kuko umujinya wazo nywuzi,harya ubwo abobarashe baada bagasanga hari n’uwo kubara inkuru usifanye?ahaaaaa!!!!!ubutaha bajye babanza gutekereza kabiri bubahe uburenganzira bwazo

  38. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Aba basirikare bakoze ikosa ryo kwihutira kurasa rwose,barayihohoteye,nanjye ndemeza ko bari kwiyambaza RDB ifite abaganga b’abahanga n’imiti yabugenewe bakoresha barikuyitera imiti bakayimurira muri Parike y’igihugu nayo ni umutungo w’igihugu.
    Ese buriya iriya ko arinyamaswa y’inkazi kandi igira umujinya cyane igakora amahano,ibaye ifite umuryango mugari zajyaga zizana zitembera ninjoro,ko tuziko zihunahuna zikamenya icyerekezo yaguyemo,zikagaba igitero muri uwo mudugudu muri urwo rugo bazikizwa n’iki ko n’inzu zayiharagata zikayigusha kuko umujinya wazo nywuzi,harya ubwo abobarashe baada bagasanga hari n’uwo kubara inkuru usifanye?ahaaaaa!!!!!ubutaha bajye babanza gutekereza kabiri bubahe uburenganzira bwazo

  39. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Turacyafite byinshi byo kwiga!

    Kuca si uburyo bugezweho bwo gukemura mwe kiriya kibazo.

  40. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Turacyafite byinshi byo kwiga!

    Kuca si uburyo bugezweho bwo gukemura mwe kiriya kibazo.

  41. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Ahaaa nihatar nibikunze kubaho gusa uwomurya ube maso hataba harindi nyamaswa reka nanone dushimire ubuyoboz bwumutekano bwahise buhagoboka murakoz

  42. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Ahaaa nihatar nibikunze kubaho gusa uwomurya ube maso hataba harindi nyamaswa reka nanone dushimire ubuyoboz bwumutekano bwahise buhagoboka murakoz

  43. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Iriya nyamaswa ntabwo ari ingwe yitwa Imondo(Serval)mu gifaransa.

  44. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Iriya nyamaswa ntabwo ari ingwe yitwa Imondo(Serval)mu gifaransa.

  45. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    esenta mutuyishe nimba ntamutuyishe byiza peeeee

  46. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    esenta mutuyishe nimba ntamutuyishe byiza peeeee

  47. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    esenta mutuyishe nimba ntamutuyishe byiza peeeee

  48. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    esenta mutuyishe nimba ntamutuyishe byiza peeeee

  49. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Iyongwe nge mbona yaba yari intumano kuko ntangwe igaragara kumanywa kandi ingwe iritonda kireka uyicokoje mumenyeko hashobora nokuba hari inzindi

  50. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Iyongwe nge mbona yaba yari intumano kuko ntangwe igaragara kumanywa kandi ingwe iritonda kireka uyicokoje mumenyeko hashobora nokuba hari inzindi

  51. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Nukuri mwagombaga gushaka ubundi buryo mukoresha butari ukuyirasa hanyuma nayo ikiberaho

  52. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Nukuri mwagombaga gushaka ubundi buryo mukoresha butari ukuyirasa hanyuma nayo ikiberaho

  53. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Niba ifite nyina cyangwa abana bakuru baba muriryo shyamba uwomuryango baeuteje ibibazo kuko zizagaruka Kandi zizatuza zibamaze ingwe ntabwo arinyamanswa yibagirwa bikarangira

  54. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Niba ifite nyina cyangwa abana bakuru baba muriryo shyamba uwomuryango baeuteje ibibazo kuko zizagaruka Kandi zizatuza zibamaze ingwe ntabwo arinyamanswa yibagirwa bikarangira

  55. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Birababaje kwica inyamaswa idahungabanije abaturage, ntekereza ko ubuyobozi bw ibanze bwagize uburangare. ikindi nuko iyi nyamaswa atari ingwe nkuko mwabyanditse ahubwo yitwa serval nubwo ntazi amazina yayo mu kinyarwanda. Ahantu nkorera zirahaba nyinshi kandi nta bwo zibangamira abaturage

  56. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Birababaje kwica inyamaswa idahungabanije abaturage, ntekereza ko ubuyobozi bw ibanze bwagize uburangare. ikindi nuko iyi nyamaswa atari ingwe nkuko mwabyanditse ahubwo yitwa serval nubwo ntazi amazina yayo mu kinyarwanda. Ahantu nkorera zirahaba nyinshi kandi nta bwo zibangamira abaturage

  57. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Ahubwo se buriya kwei ni ingwe? I guess. Iriya nyamaswa ishobora kuba ari igitarangwe cg igisamagwe tu.

    Gusa bahemutse kuyirasa yahohotewe rwose. Ubwo bivuze ko servive ishinzwe kubungabunga inyamaswa muri RDB ntacyo yaba imaze. Bakagombye kuba bayirashe agashinge kayisinziriza, then ikajyanwa muri parike ikiberaho ahubwo ikinjiriza igihugu.

    Ntibitangaje ko mugihe gito twabona iyi nyamaswa ku rutonde rwinyamaswa zigiye gushira ku isi cyangwa ugasqnga turi kajya kuzikura mubindi bihugu nkuko twazanye intare cg inkura.

    Bahemutse rwose RDB ikwiye kwivugurura kuri iri kosa.

  58. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Ahubwo se buriya kwei ni ingwe? I guess. Iriya nyamaswa ishobora kuba ari igitarangwe cg igisamagwe tu.

    Gusa bahemutse kuyirasa yahohotewe rwose. Ubwo bivuze ko servive ishinzwe kubungabunga inyamaswa muri RDB ntacyo yaba imaze. Bakagombye kuba bayirashe agashinge kayisinziriza, then ikajyanwa muri parike ikiberaho ahubwo ikinjiriza igihugu.

    Ntibitangaje ko mugihe gito twabona iyi nyamaswa ku rutonde rwinyamaswa zigiye gushira ku isi cyangwa ugasqnga turi kajya kuzikura mubindi bihugu nkuko twazanye intare cg inkura.

    Bahemutse rwose RDB ikwiye kwivugurura kuri iri kosa.

  59. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Ariko se nkawe wumva yari kuraswa ari uko imaze gukorera cg kwica bangahe?
    Ubwo wari kwishima iyo bayireka ikamanza kwangiza?🤔!

  60. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Ariko se nkawe wumva yari kuraswa ari uko imaze gukorera cg kwica bangahe?
    Ubwo wari kwishima iyo bayireka ikamanza kwangiza?🤔!

  61. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Ahari uracyari umwana wowe niyo mpamvu uvuga ibyo kuko ingwe utanayizi…ahari ukeka ko Ari injangwe cg ifumberi.. ntaribi niza iwanyu muzahamagare ortpn ize iyitware

  62. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Ahari uracyari umwana wowe niyo mpamvu uvuga ibyo kuko ingwe utanayizi…ahari ukeka ko Ari injangwe cg ifumberi.. ntaribi niza iwanyu muzahamagare ortpn ize iyitware

  63. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    iyinyamaswa ntiyari kwicwa kuko murwanda hari ababi shijwe nka rb cyangwa rema uyu numutungo wihugu uhombye gusa karik
    eza!!!!!

  64. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    iyinyamaswa ntiyari kwicwa kuko murwanda hari ababi shijwe nka rb cyangwa rema uyu numutungo wihugu uhombye gusa karik
    eza!!!!!

  65. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    turemeranya KBS kwicwa ntago byaribikwiye
    bayihohiteye

  66. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    turemeranya KBS kwicwa ntago byaribikwiye
    bayihohiteye

  67. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Ariko Rero harimo nihohotera mubyukuri nibakoko iriya nyamaswa idapima nibiro 25 ubwo bayirashe amasasu arindwi yose itarapfa cg nubundi haribindi bayishakagamo?

  68. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Ariko Rero harimo nihohotera mubyukuri nibakoko iriya nyamaswa idapima nibiro 25 ubwo bayirashe amasasu arindwi yose itarapfa cg nubundi haribindi bayishakagamo?

  69. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Iriya nyamanswa ni inzira karengane, niyiruhukire mu mahoro. RIP

  70. Huye: Ingwe yateye urugo rw’umuturage, hitabazwa abasirikare ba RDF
    Iriya nyamanswa ni inzira karengane, niyiruhukire mu mahoro. RIP