Uwakatiwe urwo gupfa yavanwe muri gereza, ajya kurahirira kuba umudepite

Sangiza iyi nkuru

Umunyapolitiki wo muri Sri-Lanka witwa Premalal Jayasekara (azwi nka Mahawela Lekamlage) wakatiwe igihano cy’urupfu, kuri uyu wa 8 Nzeri 2020 yatunguye benshi ubwo yavanwaga muri gereza kugira ngo ajye kurahirira umwanya w’umudepite.

Mu bikorwa byo kwiyamamaza mu matora y’abadepite mu 2015 ni bwo Jayasekara usanzwe ari umuyoboke w’ishyaka rya Lanka Podujana riri ku butegetsi yafashe imbunda, arasa mu banyapolitiki bari bahanganye, yicamo umwe.

Jakayesara n’abandi babiri bakekwagaho ubufatanyacyaha batawe muri yombi, muri Kanama 2020 ahamwa n’icyaha cyo kwica abigambiriye, maze ahita anakatirwa igihano cy’urupfu gusa yahawe n’igihe cyo kujurira.

Jayasekara wari muri gereza yemerewe gutanga kandidatire (candidature) kugira ngo yongere kwiyamamariza uwo mwanya, maze yegukana insinzi mu mpera za Kanama 2020, ategereza igihe cyo kurahirira inshingano ku wa 8 Nzeri 2020.

Kuba yari ategereje kujuririra igihano, byamuhaye uburenganzira busesesuye bwo kwiyamamaza, gutorwa no kurahirira inshingano yatsindiye yo kuba umudepite. Ngo kuba yarahawe ubu burenganzira, nta tegeko rishwe nk’uko byahamijwe na Minisitiri wa Siporo, Namal Rajapaksa usanzwe ari umuhungu wa Minisitiri w’Intebe wa Sri Lanka.

Ibi ntibyumvikanye kuko ari ubwa mbere uwahamwe n’icyaha arahirira inshingano ikomeye nk’iyi. Ubwo yarahiraga, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Sri Lanka n’abandi batishimiye urugomo rwa Jayasekara barimo abadepite bagenzi be, bakoze imyigaragambyo.

Nk’uko igitangazamakuru The New York Times cyabitangaje, abo badepite bari bambaye imyambaro y’umukara nk’igimenyetso cy’urupfu rw’uwo Jayasekara yarashe mu 2015.

Gusa nyir’ubwite yemeza ko ari umwere nk’uko yabitangaje mu kurahira kwe. Jayasekara yagize ati: “Mu mutima wanjye nzi ko ndi umwere.”

Nyuma yo kurahira, Jayasekara yasubiye muri gereza, ategereje kujuririra igihano nk’uko biteganwa n’iri tegeko rishyizwe mu bikorwa bwa mbere mu mateka ya Sri Lanka.

Ubutegetsi bwa Sri Lanka n’ishyaka rya Lanka Podujana birashinjwa guhohotera no kwica ikiremwamuntu cyane cyane abatavuga rumwe n’ubutegetsi kuva mu 2005 ubwo Perezida Gotabaya Tajapaksa yafataga izi nshingano. Gusa we ntiyahwemye kubyamaganira kure avuga ko ari ibinyoma.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *