Bujumbura: Uwahoze ari komanda wa polisi aratabarizwa nyuma yo gutabwa muri yombi mu gicuku

Sangiza iyi nkuru

Prime Niyongabo, wahoze ayobora abapolisi badasanzwe bo mu muhanda (PSR) hagati ya 2002 na 2004 yatawe muri yombi n’abakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubutasi (SNR) kuwa Gatandatu mu ma saa munani z’ijoro. Aho afungiye hakaba hataramenyekana nk’uko tubikesha SOS Media Burundi.

Uyu wahoze ari umupolisi mukuru akaba kuri ubu ari umuyobozi mu isosiyete y’itumanaho iyoborwa n’Abanyaziimbabwe, Econet-Leo, ari yo ikomeye cyane mu Burundi, yafatiwe iwe mu gace ka Gasekebuye, muri komini ya Muha (mu majyepfo y’umujyi wa Bujumbura).

Bivugwa ko ari bwo yari akigera mu rugo avuye mu mujyi rwagati muri gahunda ze zitandukanye. Akimara kugera mu rugo, uwitwa Kazungu yagiye kumufata “, nk’uko umwe mu bagize umuryango we yabwiye SOS MĂ©dias Burundi.

Umukozi wa SNR wamufashe si ubwa mbere ashyizwe mu majwi mu itangazamakuru. Ni uwitwa Joseph Niyonzima, uzwi ku izina rya Kazungu. Azwiho kugira uruhare mu bikorwa byo kwica urubozo no kwica abatavuga rumwe n’ubutegetsi cyangwa abitwa ko barwanya ubutegetsi bwa CNDD-FDD.

Uyu ari ku rutonde rw’abantu bane bari begereye Perezida Nkurunziza bafatiwe ibihano n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu 2015 kubera ibikorwa byo kubangamira demokarasi.

Pacifique Nininahazwe, umwe mu mpirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu uzwi muri gahunda ye ya “Ndondeza” aho aba atabariza abantu bashimuswe, yemeje aya makuru ariko yemeza ko atazi aho Niyongabo afungiye.

Abavandimwe be bavuga ko bahangayikiye umutekano we

“Tekereza umuntu wafashwe muri wikendi nta bisobanuro cyangwa icyemezo. Niba hari ibyo aregwa, bazamushyikirize ubutabera byibuze kugirango yiregure. Dufite impungenge kuko aho afungiye ntiharamenyekana “, ibi ni ibyavuzwe na mwene wabo.

Nk’uko abegereye iki kibazo babivuga, uyu wahoze ari ofisiye yaba azira uruhande ariho muri politiki. Aherutse gutorerwa kujya mu nama ya komini ya Komini Songa, mu Ntara ya Bururi, mu majyepfo y’u Burundi ku iturufu y’ishyaka CNL ritavuga rumwe n’ubutegetsi.

Iyi nkuru ikaba yibutsa ko mu gitondo cyo kuwa Gatandatu byibuze abarwanashyaka 27 bo muri iri shyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi batawe muri yombi n’insoresore z’Imbonerakure zifatanyije n’abapolisi n’abashinzwe ubutasi mu gace ka Kanyosha mu majyepfo y’Umujyi wa Bujumbura.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *