Gisagara: Barasaba leta kubafasha kugarura abana babo batanu bashimuswe n’Abarundi

Sangiza iyi nkuru

Abana batanu bo mu Murenge wa Mukindo, mu Karere ka Gisagara bivugwa ko bashimuswe n’Abarundi ubwo bari bari kwahira ubwatsi hafi y’umupaka mu gishanga cy’Akanyaru hagiye gushira ukwezi nta muntu uzi amakuru yabo, ababyeyi babo bakaba basaba leta kubafasha bakagarurwa.

Ku itariki ya 15 Kanama 2020 ni bwo aba bana bagiye kwahira nk’ibisanzwe maze basanga abantu bari bihishe muri iki gishanga b’Abarundi bahita babafata barabatwara.

Ababashimuse mbere yo kubatwara basabye ababyeyi babo kubaha amafaranga ngo babarekure, gusa ababyeyi bishatsemo amafaranga bagenda bajyanyeyo n’ubuyobozi na zimwe mu nzego z’umutekano, abari bafashe aba bana bivugwa ko harimo n’umupolisi, bahise batwara abo bana bose uko ari batanu ahantu hatazwi nk’uko aba babyeyi babo babisobanuriye RadioTvOne .

Aba babyeyi basaba leta kubafasha hakagira igikorwa ngo abana babo bagaruke cyane ko babaheruka bafatwa hagiye gushira ukwezi batarongera kubabona.

Ku rundi ruhande ariko, ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara buvuga ko aba bana bafashwe bagiye kwahira ku ruhande rw’u Burundi, ariko nk’ubuyobozi bavuganye na bagenzi babo mu Burundi bakababwira ko bazashyikirizwa ubutabera bityo nta kindi ari ugutegereza.

Meya Rutaburingoga Jerome, uyobora Aka karere ariko yongeyeho ko bibabaje kuko bitari bikwiye nk’abantu basangiye urubibi kandi bahuriye kuri byinshi.

Nubwo bivugwa gutyo, aba babyeyi bongeyeho ko bagendeye ku buhamya bahawe n’abahingaga mu gishanga, bavuga ko abo bana bashimuswe n’abari bihishe mu migano kandi ngo iyo migano iherereye ku ruhande rw’u Rwanda ku buryo abo bana batarenze umupaka.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *