Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa RDC yatangiye inshingano nka Senateri

Sangiza iyi nkuru

Perezida wacyuye igihe wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila Kabange yatangiye imirimo mishya nk’umusenateri mu Nteko Ishinga Amategeko.

Joseph Kabila kimwe n’abandi bagize inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo batangiye imirimo, ubwo inteko yongeraga gusubukura ibikorwa byayo kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Nzeri 2020.

Inkuru ya BBC ivuga ko aha muri RDC, Itegeko nshinga ry’iki gihugu riha umwanya mu Nteko Ishinga Amategeko, umutwe wa Sena uwahoze ayobora iki gihugu kugeza apfuye.

N’ubwo yari abyemerewe n’itegeko ariko kuva yava ku butegetsi mu kwezi kwa Mbere 2019, Joseph Kabila ntiyigeze ajya gufata izo nshingano zo kuba senateri.

Muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo hamaze iminsi havugwa kurwanira ubutegetsi hagati y’uruhande rwa Perezida Tsisekedi na Joseph Kabila wahoze ayobora iki gihugu ari nabyo bikekwa ko bitumye Kabila agaruka mu nteko igitaraganya.

Mu kwezi kwa karindwi, inteko Ishinga Amategeko yatoye Ronsard Malonda wo ku ruhande rwa Kabila nka Perezida wa komisiyo y’amatora, ibi byateye imyigaragambyo. Perezida wa Repubulika wagombaga kumwemeza nawe ntarabikora.

Ku Cyumweru, ihuriro ry’amashyaka Front Commun pour le Congo (FCC) rya Joseph Kabila, ryakoze inama idasanzwe kuri ibi bibazo, inama yitabiriwe na Joseph Kabila.

Inteko Ishinga Amategeko ya Congo, muri uku kwezi kwa cyenda iratangira kwiga ingingo zitandukanye zirimo n’itegeko ry’amatora rusange azaba mu 2023.

FCC Kabila abarizwamo ifite benshi mu bagize inteko Ishinga Amategeko na guverinoma z’intara, irifuza ko Perezida wa repubulika azajya atorwa n’abahagarariye abaturage.

Uruhande rwa Perezida Félix Tshisekedi rwo si uko rubyifuza. Kuko ibi basanga bishobora no guha Joseph Kabila amahirwe yo kugaruka ku butegetsi.

Kutumvikana hagati y’impande zombi kwatangiye nyuma y’amatora y’Umukuru w’Igihugu aho byanasabye amezi arenga atandatu Perezida Tshisekedi atarashyiraho Guverinoma, aho bivugwa ko impande zombi zari zarananiwe kumvikana ku myanya igomba guhabwa buri ruhande.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *