Fizi: Ibivugwa ku makimbirane ya Mai Mai, Twirwaneho na FARDC

Sangiza iyi nkuru

Umutwe wa Mai Mai umaze igihe kirekire ugaba ibitero muri Teritwari ya Fizi, Abanyamulenge bahatuye bakemeza ko uyu mutwe ukorana n’ingabo za Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, FARDC.

Mu byatumye Abanyamulenge baba muri Fizi batekereza ko FARDC baba bafasha umutwe wa Mai Mai bakanawutera inkunga, ni uko nta ntambwe izi ngabo z’igihugu zitera zibungabunga umutekano wabo, iyi ikaba impamvu yatumye Col. Michel Rukunda (Makanika) ava muri iki gisirikare cy’igihugu akajya kurinda umutekano wa “benewabo” nk’uko yigeze kubitangaza.

Umutekano wabo, watumye bashyiraho umutwe witwa ‘Twirwaneho’ nk’uko bisobanuye mu rurimi rw’Ikinyarwanda, ugamije kwirindira umutekano, uhangana n’umutwe wa Mai Mai ubagabaho ibitero, ngo “ufatanyije na FARDC.”

Umuvugizi wa Twirwaneho, Muhamiza Jean Schohier yabwiye RFI ati: “Intambara mu misozi miremire ntizikiri ikibazo cy’imitwe yitwaje intwaro nk’uko bamwe babizi, ahubwo ni Guverinoma yabyinjiyemo kandi ni yo ifasha Mai Mai, ikayiha ibikoresho birimo intwaro.”

Umunyamabanga Mukuru w’ihuriro rya Mai Mai, Aimable Rubangika mu nkuru ya RFI we yahakanye yivuye inyuma, ko umutwe wabo waba ufashwa na Guverinoma ya RDC, ati: “Ese ingabo z’igihugu zishobora gukorana n’umutwe witwaje intwaro? Oya, ntabwo dukorana na FARDC.”

Aba bahagarariye iyi mitwe bombi batangaje ko bifuza kurambika intwaro, “bitewe n’uko barambiwe intambara” mu gihe Guverinoma ya RDC yaba ibemereye ibyo bifuza kandi ikabibaha kuko n’ubusanzwe ngo si ubwa mbere ibasezeranya ibyo itazakora.

Muhamiza uhagarariye Twirwaneho yagize ati: “Ntekereza ko leta igize ubushake, ibintu byahagarara. Mu gihe leta yafata icyemezo cyo kuturinda, Twirwaneho yarambika intwaro hasi.”

Rubangika wa Mai Mai na we yavuze ko uyu mutwe wifuza kurambika intwaro mu gihe baba bemerewe guhabwa uburenganzira bwo kwinjira mu ngabo z’igihugu.

Yagize ati: “Twakoze byinshi mu bihuru, igihe kirageze ngo duhuze imbaraga n’ingabo z’igihugu, FARDC kandi turashaka ko leta ya RDC yubaha urwego turiho.” Ngo abarwanyi b’uyu mutwe barifuza ko mu gihe baba bagiye mu gisirikare cy’igihugu, bagumana amapeti bari bafite bitwa inyeshyamba.

Babitangaje nyuma y’inama yari imaze iminsi itatu ihuriza abahagarariye imitwe yitwaje intwaro hafi 70 muri Bukavu, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Iyi nama yatangiye ku wa Kabiri tariki ya 15 Nzeri 2020, yatumijwe ku bufatanye bw’imiryango itatu itegamiye kuri leta isanzwe izwiho kugira uruhare runini mu guhoshya amakimbirane. Yarangiye abahagarariye iyi mitwe basinye amasezerano yo kurambika intwaro.

Ubusanzwe nk’uko Umuvugizi w’ibikorwa bya gisirikare muri Kivu y’Amajyepfo, Capt. Dieudonne Kasereka, yabitangarije igitangazamakuru 7 sur 7 tariki ya 6 Kamena 2020, iyi ntara ibarizwamo imitwe yitwaje intwaro igera kuri 33. Ibi bisobanuye ko iyakoze inama yaba irimo n’iyaturutse mu ya Kivu y’Amajyaruguru.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Fizi: Ibivugwa ku makimbirane ya Mai Mai, Twirwaneho na FARDC
    Muhamiriza ntabwo ari umuvugizi wa Twirwaneho ahubwo ashobora kuba ariwe wavuze muruhande rwayo ariko atariwe muvugizi, ikindi nuko Twirwaneho atari umutwe ahubwo nabaturage bose babanyamulenge birwanaho.

  2. Fizi: Ibivugwa ku makimbirane ya Mai Mai, Twirwaneho na FARDC
    Muhamiriza ntabwo ari umuvugizi wa Twirwaneho ahubwo ashobora kuba ariwe wavuze muruhande rwayo ariko atariwe muvugizi, ikindi nuko Twirwaneho atari umutwe ahubwo nabaturage bose babanyamulenge birwanaho.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *