Motari watwaye umwana amuziritse nk’umuzigo yatawe muri yombi

Sangiza iyi nkuru

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi umumotari ukorera mu Karere ka Gicumbi witwa Ngendonziza Gilbert nyuma yo gufotorwa yazirikiye umwana kuri moto nk’umuzigo.

Amakuru avuga ko Ngendonziza yazirikiye uyu mwana w’imyaka 10 y’amavuko kuri moto, amuziza ko yamututse.

RIB mu iperereza ry’ibanze yamenye ko Ngendonziza yagaragaye mu gasoko ka Nkoto gaherereye mu Murenge wa Rutare yaboheye amaboko y’uyu mwana mu mugongo, yanamuziritse kuri moto, amuzengurutsa aho ngaho inshuro zirenga eshatu.

Ngendonziza Gilbert ubu afungiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Rutare mu gihe iperereza rikomeje. Icyaha akurikiranweho ni icy’iyicarubozo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *