Koreya ya Ruguru yatwitse Umuyobozi wo mu y’Epfo ari muzima

Sangiza iyi nkuru

Minisiteri y’Ingabo muri Koreya y’Epfo yamaganye igikorwa yise icya kinyamaswa cyakozwe n’ingabo za Koreya ya Ruguru cyo gutwika umuyobozi w’abarobyi hafi y’umupaka w’ibihugu byombi.

Umunyamakuru wa BBC mu murwa mukuru wa Koreya y’Epfo (Seoul), Laura Becker yatangaje ko uyu mugabo wishwe ari umuyobozi w’abarobyi bo mu gace ka Yeonpyeong ufite imyaka 44 y’amavuko.

Amakuru atangwa na Guverinoma ya Koreya y’Epfo avuga ko mbere yo gutwikwa, uyu mugabo yabanje kuraswa amasasu ahantu adashobora guhita apfa, nyuma agasukwaho peteroli, atwikwa n’ingabo za Koreya ya Ruguru zavugaga ko yari yarenze umupaka uhuza ibi byombi.

Kugeza ubu Koreya ya Ruguru ntacyo iratangaza ku mugaragaro kuri ibyo birego ishinjwa.

Koreya ya Ruguru imaze igihe yarakajije umutekano ku mipaka yayo mu rwego rwo kwirinda ko icyorezo Covid-19 kiyigerera ku butaka. Kuri ubu ngo ingabo zirinda imipaka yayo zahawe itegeko ryo kurasa mu cyico uhirahira wese ashaka kwinjira ku butaka bw’iki gihugu mu buryo bunyuranije n’ amabwiriza yashyizweho.

Koreya ya Ruguru na Koreya y’Epfo bimaze imyaka myinshi bidacana uwaka dore ko kuva ibi bihugu yatandukanwa mu mwaka 1948 bitigeze bigirana umubano mwiza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *