Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye hatangiye gucicikana amakuru avuga ko Niyonizeye Judith yambitswe impeta n’umusore bamaze igihe gito bakundana.

Ibi bishingirwa ku mafoto yagiye ahererekanwa ku mbuga nkoranyambaga avuga ko Judith n’umukunzi we babanje gutembera mu mujyi wa Kigali nyuma bakaza gukomereza urugendo rwabo mu Karere ka Musanze.
Bivugwa ko Judith n’umukunzi we mushya batembeye mu kiyaga cya Ruhondo giherereye mu Karere ka Musanze.

Nyuma gato ni bwo hongeye kugaragara ifoto Niyonizeye Judith yambaye impeta, bivugwa ko ari yo yambitswe n’umukunzi we mushya bakundanye nyuma y’aho ashwaniye na Safi wari umugabo we.

Kuwa 1 Ukwakira 2017 ni bwo Niyonizeye Judith na Niyibikora Safi bakoze ubukwe basezerana kubana akaramata. Umubano wabo wakomeje kurangwa n‘ubwiru, kugeza ubwo Safi yatangazaga kumugararo ko atakibana na Judith nk’umugore n’umugabo.
Iki gihe kandi ni bwo Judith yagiye mu itangazamakuru avuga ko Safi yongeye gukururana n’uwahoze ari umukunzi we, Parfine, bikaba ari nabyo bikekwa ko byabaye intandaro y’isenyuka ry’urugo rwabo.


