Urubanza rwa Sankara rwahujwe n’urw’uwo baregwa ibyaha bisa

Sangiza iyi nkuru

Urukiko Rukuru rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipika, urugereko rwarwo rwihariye rufashe icyemezo cyo guhuza urubanza ruregwamo Nsabimana Callixte Alias Sankara n’urwa Nsengimana Herman bombi babaye abavugizi b’umutwe witwara gisirikare FLN.

Ibi bibaye nyuma y’uko Ubushinjacyaha butanze icyifuzo cyasabaga ko urubanza ruregwamo Nsabimana Callixte Alias Sankara rwahuzwa n’urw’uyu Herman wari waramusimbuye ku mwanya wo kuvugira FLN cyane ko ibyaha baregwa bifitanye isano .

Ubushinjacyaha kandi bwavuze ko Sankara yagize uruhare kugira ngo Herman Nsengimana yinjire muri FLN kuko ari we wamushishikarije kuyijyamo.

Ubwo Sankara yabazwaga ku cyifuzo cy’ubushinjacyaha kuwa 10 Nzeri 2020, yavuze ko ibyo basaba bifite ishingiro kandi ko bibaye byiza imanza zabo zahuzwa n’urwa Paul Rusesabagina agereranya na Shebuja uherutse gufatwa ubu uri kuburanishwa n’inzego z’ubutabera zo mu Rwanda.

Sankara yavugaga ko izi manza ziramutse zihujwe n’urw’uriya yita Shebuja, ari bwo baba bahawe ubutabera bwuzuye.

Ukuriye inteko iburanisha urubanza rwa Sankara, yavuze ko nta dosiye ya Rusesabagina barakira bityo ko guhuza urubanza rwa Sankara na Rusesabagina bitashoboka.

Kuri uyu wa 1 Ukwakira 2020 urukiko rwavuze ko ibyo ubushinjacyaha bwasabye bifite ishingiro , rutegeka ko urubanza ruregwamo Sankara na Herman rugomba guhuzwa kuko ibyo baregwa bose bifitanye isano.
Urubanza rw’aba bombi rukazasubukurwa ku wa 24 Ugushyingo 2020.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *