Bamwe mu Barundi batewe impungenge n’uko Umuryango w’Ubumwe bw’i Burayi (EU) waba ushaka kubaryarya, bitewe n’uko wakoze igisa no guca inyuma, ugafata umwanzuro udashimishije leta.
Ni mu gihe tariki ya 27 Nyakanga 2020, Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yakiriye mu biro bye Claude Bochu uhagarariye EU mu gihugu cye. Baganiriye ku buryo igihugu cye na EU byazahura umubano umaze imyaka itanu utameze neza.
Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, CPG Allain Guillaume Bunyoni na we yakiriye Claude Bochu tariki ya 10 Nzeri 2020, baganira ku ngingo imwe nk’iyo yaganiriye na Perezida Ndayishimiye.
Kutabana neza kwa leta y’u Burundi na EU kujyanye ahanini no kuba ishinja uyu muryango kugira uruhare mu ihungabana ry’umutekano w’igihugu mu 2015, no kuba warafatiye ibihano abayobozi bakuru mu nzego z’umutekano.
Ibibazo byose impande zombi zifitanye hari abatekereje ko byaba bigiye kurangira, abayobozi bakuru b’u Burundi uyu muryango wafatiye ibihano ukabibakuriraho ariko nyuma y’ibiganiro na Claude Bochu si cyo cyakurikiyeho.
Tariki ya 22 Nzeri 2020, uyu muryango washyize hanze itangazo rimenyesha ko ryavuguruye ibihano ryafatiye Gen. Gervais Ndirakobuca usanzwe ari Minisitiri w’Umutekano ndetse na Gen. Godefroid Bizimana wamenyekanye nka Ndakugarika.
Aba babiri mu 2015 bari abapolisi bakuru mu Burundi, mu gihe igihugu cyarangwamo umutekano muke. EU ibafatira ibihano bwa mbere muri uwo mwaka, yabashinjaga kuba inyuma y’ibyaha birimo by’ihohotera, kuzimiza no gufunga mu buryo butemewe byakorewe abiganjemo abatavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse n’abanyamakuru.
Nyuma yo kuvugurura ibi bihano, tariki ya 28 Nzeri 2020, uyu muryango wateye inkunga y’amafaranga y’Amarundi miliyari 13 imiryango iharanira inyungu z’abaturage (sociètes Civiles) mu Burundi.
Kuvugurura ibihano abayobozi bakuru b’u Burundi bafatiwe no gutera inkunga za sociètes civiles ni ibyemezo bibiri uyu muryango wafashe; kimwe ni kibi kuri leta, ikindi kikaba ari cyiza. Ni aho bamwe bahera bibaza ibibazo byinshi kuri uyu muryango, niba koko ushaka kubana neza na leta, cyangwa se ugamije ikindi.


