Hon. Banciryanino unenga ubutegetsi bw’u Burundi arafunzwe

Sangiza iyi nkuru

Hon. Fabien Banciryanino wabaye umudepite ahagarariye Intara ya Bubanza yaraye muri kasho, aho byatangajwe ko yaba akurikiranweho icyaha cyo guhungabanya umutekano w’abaturage no gushyira mu kaga umutekano w’igihugu.

Uyu mugabo kuva ari umudepite ku butegetsi bwa Pierre Nkurunziza, yanengaga imikorere yabwo kugeza n’ubu u Burundi buyobowe na Evariste Ndayishimiye.

Amakuru ariho avuga ko Banciryanino ajya gufatwa kuri uyu wa 2 Ukwakira 2020, yari yateguye ikiganiro n’itangazamakuru kugira ngo anyomoze abamusebereza ku mbuga nkoranyambaga. Iki kiganiro yari agiye kugikorera i Bujumbura, ari naho yaterewe muri yombi.

Nk’uko umuryango wa Banciryanino wabitangarije SOS Media, impamvu abapolisi n’abo mu rwego rw’iperereza bamutaye muri yombi ntabwo yari yakamenyekanye ku mugoroba w’ejo.

Banciryanino yigeze guteza impaka mu Burundi ubwo yagaragazaga ko adashyigikiye ko Pierre Nkurunziza wahoze ari Perezida, yahabwa izina ry’icyubahiro nk’uwayoboye imyaka 15 neza.

Itegeko ryo guha icyubahiro Pierre Nkurunziza ryatowe n’Inteko Ishinga Amategeko muri Mutarama 2020, ryemeza ko agomba guhabwa izina ry’Umuyobozi w’Ikirenga, agahabwa n’impano zitandukanye.

Impamvu Hon. Banciryanino yatanze avuga ko iri tegeko ridakwiye, ngo ni uko u Burundi kuva mu 2015 ubwo Pierre Nkurunziza yari agiye gutorerwa indi manda, bwaranzwe n’ubwicanyi, Abarundi benshi barahunze ntibagaruke, kuba mu Burundi harabaye amacakubiri, abantu bishwe n’inzara, kuba igihugu kiri mu bya mbere bikennye no kuba habayo ruswa iri ku rwego rwo hejuru.

Nyuma yo kuvuga atyo, hari bamwe mu bayobozi b’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi bamusabiye gukurirwaho ubudahangarwa bw’umudepite (immunité parlementaire) kuko ngo yari atutse Umukuru w’Igihugu. Ibi byagombaga gutuma byoroha kumukurikirana mu butabera, mu gihe bibaye ngombwa.

Fabien Banciryanino yabaye umudepite kuva mu 2015 kugeza mu 2020 ubwo yarangizaga manda y’imyaka itanu. Yatorewe mu Ntara ya Bubanza, akaba ari nayo yari ahagarariye hamwe n’ihuriro mpuzamashyaka ry’Amizero y’Abarundi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *