Abantu bane b’i Kigali n’uwa Nyamagabe banduye Covid-19

Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa Gatandatu, yatangaje ko abantu batanu barimo bane b’i Kigali n’umwe w’i Nyamagabe ari bo bagaragayeho icyorezo cya Covid-19. Babonetse mu bipimo 2,568 byafashwe, bituma umubare w’abamaze kwandura icyo cyorezo ugera ku 4,852; barimo 3,211 bagikize. Abantu 14 ni bo bakize kuri uyu wa Gatandatu, mu gihe abamaze gupfa bakiri 29.
Karongi: Ba mudugudu bifuza ko umubare w’ababo bishyurirwa na Leta mituweli wiyongera
Abakuru b’imidugudu bo mu karere ka Karongi, bavuga ko bashimira cyane Leta uburyo yagiye ibitaho yishyurira ubwisungane mu kwivuza abantu batanu mu muryango ya buri umwe, gusa bagasaba ko uwo mubare wakwiyongera kubera ibibazo by’imibereho batewe na COVID-19. Abo bayobozi bemeza ko icyorezo cya Covid-19 cyatumye ingufu mu bukungu zikagabanuka, bakabiheraho basaba Leta gukubita inzu […]
Haruna Niyonzima yahesheje Young Africans insinzi ibyibushye

Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, Haruna Niyonzima, yafashije ikipe ye ya Young Africans kwegukana amanota atatu y’umunsi wa kane wa shampiyona ya Tanzania, nyuma yo gutsinda Coastal Union ibitego 3-0. Haruna Niyonzima winjiye mu kibuga mu ntangiriro z’igice cya kabiri cy’umukino asimbura, yatsindiye Young Africans igitego cya kabiri kinjiye ku munota wa 52 w’umukino. […]
Kimenyi Yves Rayon Sports icyemeza ko ari uwayo yagizwe Kapiteni wa Kiyovu SC
Umunsi wa mbere w’umwiherero ikipe ya Kiyovu Sports yatangiye kuri uyu wa Gatandatu, watorewemo abakinnyi bagomba kuyobora bagenzi babo maze Kimenyi Yves agirwa Kapiteni mushya wa Kiyovu Sports. Umwiherero wa Kiyovu Sports wo kungurana uburyo bakwitegura umwaka utaha w’imikino, uri kubera kuri Muhazi mu karere ka Rwamagana. Ni umwiherero ubaye nyuma y’umunsi umwe abatoza bose […]
RDF yemeje ko iheruka guta muri yombi abarwanyi b’umutwe wa RED-Tabara
Igisirikare cy’u Rwanda, RDF, cyemeje ko giheruka guta muri yombi abarwanyi 19 bo mu mutwe wa Red-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi. Ni amakuru RDF yemeje mu itangazo rigenewe abanyamakuru, rivuga ko abo barwanyi batawe muri yombi ku wa 29 z’ukwezi gushize. Itangazo riragira riti: “Ku wa 29 Nzeri, abarwanyi 19 b’Abarundi bavuze ko babarizwa mu […]
Ikibazo cy’abana bateganya guta ishuri kubera Covid-19 cyavugutiwe umuti
Minisiteri y’Uburezi mu ifatanyije na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, zatangaje ko hari ingamba zashyizeho zo guhangana n’ikibazo cy’abanyeshuri bashobora kubura ubushobozi bwo gusubira ku mashuri ateganijwe gusubukurwa vuba. MINEDUC itangaza ko muri iki gihe cyari gishize abanyeshuri batiga bishobora gutera bamwe mu bana kumva badashaka gusubira ku ishuri, kubera ko bari bamaze kumenyera ubuzima bwo hanze. […]
Abashobora kuyobora ADEPR : Past Karangwa na Karuranga bavuyeho nta n’umudiyakoni numwe bimitse
UMVA VIDEO
RD Congo: Abakinnyi 11 b’ikipe imwe baâkubiswe n’inkuba barapfa
Igihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo gifite umuhigo (mubi) wo kuba icya mbere ku Isi kigeze kugaragaramo abantu benshi bapfiriye mu kibuga, mu mukino umwe w’umupira w’amaguru. Kuba umukinnyi yakwitura mu kibuga agapfa ni ibimenyerewe mu mupira w’amaguru, gusa iyo bibaye ku bakinnyi barenze umwe icyarimwe hibazwa byinshi. Mu Ukwakira mu mwaka w’1998, ikipe […]
Ibihugu bitatu bituranye n’u Rwanda mu bikoresha amarozi cyane muri Afurika

Afurika umugabane utuwe n’ikiremwa muntu cyirabura. Bavuga ko Afurika ariho iwabo w’abantu, ibi bishingirwa ku kuba umuntu bikekwako akuze kurusha abandi yarasanzwe mu burasirazuba bwa Afurika (Tanzania) Uhereye mu mateka y’Uyu mugabane ufite byinshi wihariye utasanga ahandi, hari ubwoko bw’abantu bushinzwe kurebera abandi ahazaza no kubahuza n’imana mu buryo bwifashisah imabaraga zidasanzwe. Muri iyi nkuru […]
Bujumbura: Inkongi ikomeye yibasiye isoko rya Kamenge (Amafoto)

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu, isoko rya Kamenge riherereye muri Komini Ntahangwa mu majyaruguru y’Umujyi wa Bujumbura, ryafashwe n’inkongi ikomeye y’umuriro. Amakuru avuga ko iyo nkongi yatangiriye mu byumba bibikwamo amavuta y’amamesa, gusa hakaba hataramenyekana ikiyihishe inyuma. Byasabye amasaha arenga atatu kugira ngo Polisi y’u Burundi ishinzwe kuzimya inkongi ibashe kuzimya uwo muriro. […]
Ngoma: Umugabo ari gushakishwa nyuma yo kwica umugore we
Umugabo witwa Nshimiyimana Emmanuel wo mu Murenge wa Rukumberi, ho mu karere ka Ngoma; arashakishwa n’inzego zishinzwe umutekano nyuma yo gukekwaho kwica umugore we witwa Ntabahuzimana Hiralie. Byabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu ubwo Nshimiyimana yicaga umugore we agahita atoroka. Birakekwa ko yamwicishije umupanga. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukumberi Mbarushimana, Ildephonse, yabwiye BWIZA […]
Munyakazi Sadate yavuze umukino Rayon Sports yatsinzemo APR ukamukora ku mutima
Munyakazi Sadate wabaye Perezida wa Rayon Sports, yibukije abafana b’iyo kipe umukino Rayon Sports yatsinzemo APR FC ibitego 2-0 ikayitwara igikombe cya Super Coupe. Ku wa 23 Nzeri 2017, ni bwo Rayon Sports yahuriye na APR FC mu mukino wa Super Cup wabereye kuri Stade Umuganda mu karere ka Rubavu. Umukino wahagaze iminota isanzwe yawo […]
Karekezi Olivier yavuze amakipe abiri azahanganira igikombe na Kiyovu SC
Umutoza mushya wa Kiyovu Sports, Karekezi Olivier, yavuze ko amakipe ya APR FC yatwaye igikombe cya shampiyona y’umwaka ushize na Rayon Sports yabaye iya kabiri, ari yo abona azahatanira na Kiyovu igikombe cya shampiyona. Karekezi yabwiye itangazamakuru ku wa Gatanu tariki ya 02 Ukwakira, ubwo we na bagenzi be berekanwaga nk’abatoza bashya ba Kiyovu Sports. […]
Kigali: Izindi nsengero 39 zujuje ibisabwa zakomorewe

Nyuma y’uko Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa 15 Nyakanga 2020 yemeje gufungura kw’insengero zujuje ibisabwa mu gihugu cyose, Izindi nsengero zujuje ibisabwa zo mu mujyi wa Kigali zakomorewe. Kugirango urusengero cyangwa Umusigiti ukomererwe harebwa ko ibipimo by’isuku ihagije izafasha guhangana na Covid-19 byuzuye. Ibi bipimo bigenzurwa n’inzego z’ibishinzwe zirimo Minisiteri y;Ubutegetsi bw’igihugu, Minisiteri y’Ubuzima na Polisi […]
Biravugwa ko igisirikare cy’u Rwanda cyafashe abarwanyi ba Red-Tabara
Inkuru iri mu bitangazamakuru byo mu gihugu cy’u Burundi, iravuga ko igisirikare cy’u Rwanda cyemeje ko gifite abarwanyi 19 bo mu mutwe wa Red-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi. Ikinyamakuru SOS Media Burundi, cyavuze ko abo barwanyi bafatiwe mu ishyamba rya Nyungwe rifatanye n’irya Kibira ry’i Burundi, nyuma y’uko bari bamaze kugaba igitero muri kiriya gihugu. […]
Nta munyeshuri wa UR uzemererwa kuba muri Ghetto amasomo natangira
Mu gihe amashuri makuru amwe namwe yatangiye kwitegura gusubukura amasomo, Kaminuza y’u Rwanda (UR) yatangaje ko abanyeshuri bayo bazafungurirwa bazacumbikirwa mu macumbi ya Kaminuza. Mu itangazo Kaminuza y’u Rwanda yanyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter, yavuze ko ku ikubitiro izatangira kwakira abanyeshuri biga mu mwaka wa 3, uwa 4 n’uwa 5, abanyeshuru bose bakazacumbikirwa mu […]
Masisi: Abatari bake bishwe n’imyuzure
Abantu babarirwa mu icumi bitabye Imana, nyuma y’imyuzure yatewe n’imvura ikomeye yaguye mu mujyi wa Sake uherereye muri Masisi ho mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni imvura yaguye ku wa Kane w’iki cyumweru, itera isuri muri kariya gace kagizwe n’imisozi ihanamye. Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru, Carly Nzanzu […]
Perezida Trump yatewe umuti wa Covid-19 ukiri mu igeragezwa
Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika Donald Trump yajyanwe mu bitaro igitaraganya nyuma yaho atangiriye kugaragaza ibimenyetso byoroheje bya Covid-19. Ibiro bye White House byatangaje ko perezida Trump asa nunaniwe cyane. Mbere y’uko ajyanawa mu bitaro bivugwako yatewe urushinge rw’umuti w’imvange ukiri mu igeragezwa. Hifashijwe indege ya kajugujugu yo mu bwoko bwa Marine one, […]
Hon. Banciryanino unenga ubutegetsi bw’u Burundi arafunzwe
Hon. Fabien Banciryanino wabaye umudepite ahagarariye Intara ya Bubanza yaraye muri kasho, aho byatangajwe ko yaba akurikiranweho icyaha cyo guhungabanya umutekano w’abaturage no gushyira mu kaga umutekano w’igihugu. Uyu mugabo kuva ari umudepite ku butegetsi bwa Pierre Nkurunziza, yanengaga imikorere yabwo kugeza n’ubu u Burundi buyobowe na Evariste Ndayishimiye. Amakuru ariho avuga ko Banciryanino ajya […]
U Burundi mu bihugu 10 bya mbere bya Afurika ruswa ivuzamo ubuhuha
Umuryango Mpuzamahanga Transparency International urwanya ruswa n’akarengane, muri Mutarama uyu mwaka wasohoye raporo igaragaza uko ibihugu by’Isi bihagaze mu guhangana na ruswa. Raporo y’uwo muryango yerekana ko igihugu cya Somalia ari cyo kiza ku isonga mu kumungwa na ruswa ku mugabane wa Afurika, mu gihe u Burundi na bwo buza mu myanya 10 ya mbere. […]
Nyuma ya Rusesabagina, Twagiramungu yavuze ko adatewe ubwoba no kuba yafatwa
Nyuma y’ifatwa rya Paul Rusesabagina bakoranaga politiki mu ihuriro mouzamashyaka arwanya leta y’u Rwanda rya MRCD Ubumwe, Faustin Twagiramungu uribereye umuvugizi yavuze ko adatewe ubwoba no kuba na we yafatwa. N’ubwo ari Umuvugizi wa MRCD Ubwigunge, Faustin Twagiramungu ni we muyobozi mukuru usigaye muri iri huriro, ku buryo abarigize babaye bashakishwa, yaba ari we utahiwe. […]
Rusizi: Abacuruzi bambuwe miliyoni zirenga 200 n’Abanyekongo baratakambira Akarere ngo kabishyurize
Abakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka bibumbiye mu makoperative 13 akorera mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi, baravuga ko bababajwe cyane n’amafaranga arenga miliyoni 200 Abanyekongo bacuruzanya babambuye, bagasaba Akarere kubavuganira bakishyurwa. Abacuruzi bavuga ko mu bihe bya COVID-19 ubwo abanyekongo basanzwe baza kubarangurira ibicuruzwa batari bacyiza kubera ingamba zo kurwanya kiriya cyorezo, habayeho ko […]