Karekezi Olivier yavuze amakipe abiri azahanganira igikombe na Kiyovu SC

Sangiza iyi nkuru

Umutoza mushya wa Kiyovu Sports, Karekezi Olivier, yavuze ko amakipe ya APR FC yatwaye igikombe cya shampiyona y’umwaka ushize na Rayon Sports yabaye iya kabiri, ari yo abona azahatanira na Kiyovu igikombe cya shampiyona.

Karekezi yabwiye itangazamakuru ku wa Gatanu tariki ya 02 Ukwakira, ubwo we na bagenzi be berekanwaga nk’abatoza bashya ba Kiyovu Sports. Mu masezerano ya Karekezi harimo guhesha Kiyovu Sports igikombe cya Shampiyona iheruka mu 1993.

Karekezi yavuze ko gutwara igikombe kuri Kiyovu Sports bishoboka, ariko yiteze ko amakipe bazaba bahanganye cyane ari APR FC na Rayon Sports.

Ati: “Ibintu byose birashoboka mu mupira w’amaguru, igikombe dushobora kugitwara. Mu mwaka ushize APR yari hejuru ndetse n’ubu ikomeje kwiyubaka. Ndibaza ko ni ikipe imwe cyangwa Rayon Sports, nshobora kuvuga ko bizaba bigoye kuzikuraho amanota atatu, ariko ibintu byose ni ugukora cyane.”

“Ngiye gutegura, n’izindi ziri kwitegura, simvuze n’izindi ziri hasi, na za AS Kigali yariteguye. Ni ugutegura, ni ugukora nkafatanya n’ubuyobozi bushya buriho n’ubwari busanzweho bukaza tugafatanya.”

Yakomeje agira ati “Umupira narawukinnye, iyo wumva ko ibintu bishoboka, birashoboka. Nidufatanya n’abakunzi ba Kiyovu Sports n’ubuyobozi tuzabigeraho. Kiyovu Sports ni ikipe ikomeye na bo bansabye igikombe.”

Abagize staff ya Kiyovu

1. Karekezi Olivier: Umutoza mukuru

2. Banamwana Camarade: Umutoza wungirije

3. Kalisa Francois: Umutoza wungirije

4. Kagabo Ahmed: Umutoza ushinzwe kongerera abakinnyi imbaraga

5. Ndizeye Aime Desire Ndanda: Umutoza w’abanyezamu akaba n’umuyobozi wa Tekinike

6. Kigundu Ibrahim: Ushinzwe ubuzima bwa buri bw’ikipe (Team manager)

7. Ntwari Ibrahim (Djemba): Ushinzwe ibikoresho by’ikipe

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Karekezi Olivier yavuze amakipe abiri azahanganira igikombe na Kiyovu SC
    Ko yibagiwe ya kipe ikorera imyitozo muri studio buri gitondo.Igasoreza ku *!!

  2. Karekezi Olivier yavuze amakipe abiri azahanganira igikombe na Kiyovu SC
    Ko yibagiwe ya kipe ikorera imyitozo muri studio buri gitondo.Igasoreza ku *!!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *