Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwita ku babyeyi babo bageze mu za bukuru, cyane cyane muri ibi bihe Isi yose yugarijwe n’icyorezo cya Covid-19.
Ibi Jeannette Kagame yabivuze ubwo u Rwanda ryizihiza umunsi mpuzamahanga w’abageze mu za bukuru wizihizwa ku nshuro yawo ya 20 hano mu Rwanda.
Mu butumwa Madame Jeannette Kagame yatanze kuri uyu munsi, yibukije ababyeyi gukomeza kuba indorerwamo urubyiruko ruvomaho byinshi.
Yagize ati: “Babyeyi, muri isoko y’indangagaciro z’Abanyarwanda, abato bazigiraho maze bakumva ukuntu kugira igihugu bihenda, bityo bakarushaho kubumbatira u Rwanda no kuruhesha ishema”.
Yakomeje avuga ko ababyeyi ari isoko y’ibyishimo by’u Rwanda , kuko aribo baruhekeye. Yagize ati: “Babyeyi, muri igicaniro cy’ibyishimo by’u Rwanda kuko mwahetse abato mu ‘ngobyi yo kwishakamo ibisubizo’. Muri ibi bihe bikomeye bya Covid-19, ndasaba buri wese kubabera ijisho, urumuri n’akabando kabasindagiza.”.
Umunsi mpuzamahanga w’abageze mu za bukuru ku rwego rw’Isi ufite insanganyamatsiko igira iti “Guhangana n’ibyorezo, tubungabunga abageze mu zabukuru.” Ku rwego rw’Igihugu insanganyamatsiko iragira iti: “Uruhare rw’umuryango mu guhangana n’ibyorezo, habungwabungwa abageze mu zabukuru”.
Raporo world population prospect yo muri 2019 igaragaza ko umwe mu bantu 11 bingana na 9% by’abatuye isi babarirwa hejuru y’imyaka 65.Ikomeza igaragaza ko mu 2050, umuntu umwe muri batandatu ni ukuvuga 16% by’abazaba batuye isi bazaba bari hejuru y’iyo myaka. Ni mu gihe abagejeje mu myaka 80 bazikuba inshuro eshatu, bave kuri miliyoni 143 babarurwaga mu 2019, bagera kuri miliyoni 426 mu 2050.


