Mukura VS yabonye umutoza mushya wakiniye Olympique de Marseille

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Mukura VS, yamaze guha amasezerano y’akazi Umufaransa Djilali Bahloul ugomba guhita atangira akazi ko kuyishakira abakinnyi bazayifasha mu mwaka w’imikino wa 2020-2021.

Kuri uyu wa Gatatu, ni bwo hamenyekanye amakuru y’uko iyi kipe yo mu karere ka Huye yamaze kumvikana n’uyu mutoza ugomba kuyitoza mu myaka ibiri iri imbere.

Bahloul ni umutoza ufite ubwenegihugu bw’u Bufaransa, ariko yavukiye muri Algeria aza kuhava afite imyaka umunani gusa yerekeza i Marseille mu gihugu cy’u Bufaransa.

Azwi cyane mu kipe ya Olympique de Marseille yakiniye nka rutahizamu, gusa nk’umutoza yagiye aca mu bihugu bitandukanye birimo Côte d’Ivoire n’ahandi hatandukanye, akaba asabwa kugarura Mukura VS mu makipe ahangana n’ibigugu bya hano mu Rwanda, ndetse akazanafasha iyi kipe kwegukana kimwe mu bikombe bikinirwa mu Rwanda.

Kuva mu 2009, yatoje amakipe atandukanye arimo Al Nahda Damman yo muri Arabie Saoudite, Saham Club yo muri Oman, Al-Nahda yo muri Arabie Saoudite, Morteau yo mu Bufaransa, ASC Linguère yo muri Sénégal ndetse na Sahar SC yaherukagamo muri Oman.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *